• Amakuru / MU-RWANDA


Mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Gahanga, Mu kagali ka Kagasa mu isantere ya Kiyanja, kuwa 26 Ukwakira 2025, nibwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rw’umusore witwa Hakizimana Kenneth wasanzwe mu nzu yapfuye.

Abaturanye ndetse na Nyir’inzu bavuga ko kumenya iby’urupfu rwe byaturutse ku isazi zatumaga mu birahure by’aho yabaga.

Mukakarisa Florida Nyir’inzu yabagamo Hakizimana dore ko nta n’ukwezi yari ayimazemo, agaragaza ko nawe akitegeze amenya igihe Uyu musore yapfiriye, kuko nawe yamenye agiye gukorayo amasuku.

“Njyewe kubimenya, ku cyumweru nahisemo kureka kujya mu materaniro ahubwo njya gukora amasuku mu nzu yanjye kuko hari hashize iminsi Ntabona Hakizimana nkeka ko kuko yari yarananiwe kunyishyura, yayivuyemo akagenda atanyishuye. Mpageze mbona irakinze, ndungurutse mbona isazi zituma ku muntu waguye agaramye aho muri salon, sinzi n’igihe yapfiriye pee.”

Umuturanyi wa Mukakarisa ashimangiye batari banazi uwo musore muri gace batuyemo: “Twabimenye nyine umuturanyi aje adutakira ati nimuntabare, turaza dusanga umuntu aryamye mu nzu yapfuye. Turamubaza duti; uyu muntu ninde ko tutamubonaga aha ngaha, ati hari umuntu wankodeshaga niwe wamushyizemo ko ndetse nta n’icyumweru gishize amubonye! Mbese ni uko bavuganye.”

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire ashimangira ko bahurujwe n’abaturage maze basanga Hakizimana yarapfuye, iperereza rikaba rigikomeje ngo hamenyekane icyateye urwo rupfu.

 “Yego amakuru twarayamenye, twasanze ari umugabo witwa Hakizimana Keneth, wavutse mu 1987, akaba yakoraga akazi k’ubukanishi, nyuma biza kugaragara ko yasanzwe mu nzu yapfuye. Polisi n’izindi nzego z’ibanze zahise zigerayo basanga koko yapfuye. Iperereza rero rikaba ryatangiye hanafatwa n’ibimenyetso bya Gihanga kugira ngo hamenyekanye icyamwishe kuko yari afite ibikomere mu gahanga n’ahandi hatandukanye ku mubiri.”

CIP Gahonzire asoza asaba nta muntu wakwica umuntu ngo ahungire muri iki gihugu kuko nta bwihisho buhari bw’abicanye ndetse ko bigaragaye ko hari abamwishe bakurikiranwa bagafatwa bagahanwa nk’uko amategeko abiteganya. 


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments