• Amakuru / MU-RWANDA


Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abagabo batatu rwafatanye amahembe y’inzovu apimye ibilo 20 yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bayatwaye mu modoka y’Akarere ka Burera.

RIB yatangaje ko aba bagabo bafatiwe mu mujyi wa Kigali tariki ya 17 Ukwakira 2025, ubwo bari biteguye kuyashyikiriza umuntu wagombaga kuyagurisha ku mugabane wa Asia.

Umwe mu bafashwe yari asanzwe ari umushoferi w’Akarere ka Burera. Uwa kabiri avuga ko yari asanzwe ari umukomisiyoneri mu bucuruzi bw’amahembe y’inzovu.

Uvuga ko ari umukomisiyoneri yasobanuye ko hari umuturage wo muri RDC wamusabye kumushakira umuntu wamwambukiriza amahembe y’inzovu, amuhuza n’uwa gatatu, ayambutsa mu buryo bwa magendu.

Uvuga ko yambukije aya mahembe yasobanuye ko yabigiyemo ashaka imibereho, ariko ngo ntasanzwe ayacuruza.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yatangaje ko hari abantu baba bashaka gukoresha u Rwanda nk’inzira y’ibicuruzwa bitemewe n’amategeko nk’amahembe y’inzovu, ariko ko hafashwe ingamba zibakumira.

Dr Murangira yagize ati “Kubera ingamba zo kubirwanya ziba zarashyizweho, biboneka gake. Abafatwa bose baba bagerageza gukoresha u Rwanda nk’inzira. Aba bafashwe rero ni urugero rw’uko izo ngamba zikora kandi ufashwe wese ahanwa nk’uko amategeko abigena. Turasaba abantu kwirinda kubyishoramo.”

Ingingo ya 58 y’itegeko rigenga ibidukikije iteganya ko umuntu uhiga, ugurisha, ukomereza cyangwa wica inyamaswa yo mu bwoko bw’inyamaswa bukomye, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi, agacibwa ihazabu itari munsi ya miliyoni 5 Frw ariko itarenze miliyoni 7 Frw.

Aba bagabo bose bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Rusororo mu Karere ka Gasabo mu gihe dosiye yabo iri gutunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. Uwari kuyajyana ku isoko muri Asia we aracyashakishwa.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments