• Imikino / FOOTBALL

Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda Ferwafa, ryemeje ko Bonni Mugabe ariwe  wagizwe umunyamabanga mukuru waryo , asimbuye Kalisa Adolphe Camarade uri mu nkoko.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu taliki ya 22 Ugushyingo , nibwo Ferwafa yasohoye itangazo , yemeza ko Bonni Mugabe usanzwe ari umukozi muri FIFA  , yagizwe umunyamabanga mukuru, akazatangira imirimo guhera taliki ya 01 Ukuboza 2025.


Ferwafa yemeje ko Bonni Mugabe yagizwe umunyamabanga mushya 

Bonni Mugabe yabaye umunyamakuru wa Sports , akora imirimo itandukanye muri Ferwafa , kugeza ubwo yagirwaga umukozi muri FIFA, akaba yakoraga muri komisiyo ishinzwe umutekano wo ku kibuga ,mu mpuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku isi ( FIFA) .


Bonni Mugabe asanzwe ari umukozi muri FIFA 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments