• Imikino / FOOTBALL

Nyuma yo guhagarikwa imikino 2 no kwamburwa igitambaro cya Captain , Amis Cedric yasabye imbabazi abakunzi ba Kiyovu Sports  , avuga ko ibyo yakoze bitari ubushacye .

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2025, nibwo ikipe ya Kiyovu Sports yandikiye Amis Cedric,  imubwira ko imuhagarutse imikino 2, ndetse ko atakiri captain wiyi kipe , bamushinja imyitwarire mibi , ku mikino 2  iyi kipe yatsinzwemo na Gasogi United na Al Merrekh SC,  Amis Cedric yahise yandika ubutumwa asaba imbabazi , avuga ko ibyabaye byose bitari ubushacye.

Mu butumwa bwa Amis Cedric yagize ati"ku bafana mwese , ndashaka kuvuga akandi ku mutima, imikino 2 heruka yaratubabaje cyane twese ndetse nzi neza ibyo mwari munyitezeho njye na bagenzi banjye,  ngomba kwirengera ibyo nakoze , cyane cyane ubwo nakubitaga hasi igitambaro cya captain nyuma yo gusimbuzwa, wari umwanya nari nataye umutwe ntakindi,ntabwo  byari ubushacye gusuzugura ikipe , abafana , bagenzi banjye n'ubuyobozi".


Amis Cedric yasabye imbabazi abakunzi ba Kiyovu Sports 

Cedric yakomeje agira ati"nta muntu nari ndakariye , ahubwo nari nirakariye ubwanjye ,gusa ndabyumva uko byagaragaye kandi ndasaba imbabazi , iyi kipe isobanuye byinshi kuri njye , kunshyigikira kwanyu bisobanuye byinshi kuri njye, ndasaba imbabazi buri umwe natengushye , ndabizeza ko nabikuyemo isomo , nkagaruka nkomeye".

Amis Cedric ni umwe mu bakinnyi beza Kiyovu Sports ifite , ndetse ni umwe mu bakinnyi bakuru bagomba kuyobora benshi mu bato ifite, benshi mu bafana ba Kiyovu Sports bavuga ko uyu musore asuzugura ikipe yabo , kubera ko ari umukire ,ntacyo ayitezemo cyane cyane ku bijyanye n'amafaranga.


Amis Cedric yavuze ko azagaruka afite imbaraga

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments