• Imikino / FOOTBALL

Uko iminsi ishira n’umujyi wa Kigali ugatera imbere mu bikorwa remezo ni nako  ibikorwa bijyanye na Siporo nabyo bigenda byiyongera ni nako abashoramari bakomeje kugenda  bafungura  ahantu heza ho kuruhukira ni muri urwo rwego  Kigali Sport Park nayo  ihishiye byinshi  abanyamugi .

Mu kiganiro  n’Itangazamakuru  cyabye kuri uyu wa mbere tariki ya  24 Ugushyingo ahahoze hari Sport View ku Kicukiro Ubuyobozi bwa Sport Park  bwatangaje impinduka  bagiye gukora mu guteza aimbere ibikorwa by’imikino n’imyidagaduro ‘

Umuyobozi Mukuru wa  Kigali Sport Park Bwana Yonas Hagos,  yagize ati “ twe nk’abashoramari  twazanye impinduka nyinshi aho ubu bavuguruye  ibyumba byose byiza byo kwishimiramo ndetse n’Icyumba cyo gukoreramo imyitozo ngororamubiri ,Ikibuga cy’umupira w’amaguru kizwi nka Mini Foot ,Pisine nziza ndetse naho abana bazajya bakinira harimo ibikinisho bijyanye n’igihe

Yakomeje avuga  ko amavugurura atari gusa ay’imyubakire ahubwo ari ay’icyerekezo, agamije guhindura Kigali Sports Park ikigo gihurirwamo n’abaturage, mu rwego rwo  kugira ubuzima , iterambere ry’impano, kwitabira kw’urubyiruko, no gutanga serivisi z’icyitegererezo ku bakiriya.

Mu gusoza  uyu  muyobozi yararikiye abanyakigali n’abandi bose  kuzaza ari benshi  ku munsi  wo  gufungura ku mugaragaro uteganyijwe  kw’itariki  ya 13 na 14 Ukuboza 2025 hazaba hari  ibikorwa birimo amarushanwa yo koga , Umupira w’amaguru,Basket Ball,Volley  ndetse n’ayu  mukino w’Igisoro,   

 


 

 

 

 

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments