Perezida Paul Kagame yishimiye
intsinzi y’ikipe ya Arsenal nyuma yo gutsinda Bayern Munich yo mu Budage
ibitego 3-1, mu mukino w’umunsi wa Gatanu wa UEFA Champions.
Mu
butumwa Umukuru w’Igihugu yanyujije ku rubuga rwa X, yagize ati “Arsenal
yaduteye ishema twese. Turabashimiye."
Arsenal
FC yari imbere y’abafana bayo, ku munota wa 22 yafunguye amazamu ku gitego
cyatsinzwe na Julian Timber n’umutwe, ku mupira wari uvuye muri koruneri yatewe
neza na Bukayo Saka.
Bayern Munich ntiyacitse
intege kuko yakomeje gusatira. Joshua Kimmich yateye umupira muremure usaga
Serge Gnabry awuhindura imbere y’izamu, usanga Lennart Karl yishyura igitego ku
munota wa 32.
Igice cya mbere cyarangiye
amakipe yombi anganyije igitego 1-1.
Arsenal FC yatangiranye igice
cya kabiri imbaraga nyinshi, isatira bikomeye ariko uburyo bw’ibitego
bwabonwaga na Mikel Merino na Bukayo Saka ntibubyare umusaruro.
Ku munota wa 61, Declan Rice
yazamukanye umupira wenyine yihuta asigarana n’umunyezamu Manuel Neuer awuteye
awukuzamo akuguru.
Ku munota wa 69’ Riccardo
Calafiori yazamukanye umupira ku ruhande rw’ibumoso, awuhindura imbere y’izamu
Noni Madueke atsinda igitego cya kabiri.
Iyi kipe yakinaga neza
yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 77, ku mupira Gabriel Martinel
yacomekewe mu kibuga hagati acenga umunyezamu Neuer wari wasohotse nabi,
awushyira mu izamu.
Mu minota ya nyuma y’umukino,
iyi kipe yo mu Budage yagerageje gusatira ishaka uko yishyura ibitego ariko
biranga.
Umukino warangiye Arsenal
itsinze Bayern Munchen ibitego 3-1, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde
rusange n’amanota 15.
Bisanzwe bizwi ko Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ari umwe mu bafana bakomeye b'ikipe ya Arsenal aho adahwema iteka kwerekana urukundo akunda iyi kipe nyuma y'Imikino yose ikina