• Imikino / FOOTBALL
Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA,  ryatangaje ko ikipe izatwara igikombe kiruta ibindi ( super cup ) izahembwa million 20 n'amafaranga y'u Rwanda,  mu gihe izaba iya 2 izatwara million 10.

Ibi Ferwafa yabitangaje mu kiganiro n'abanyamakuru,  ni umukino uzahuza Rayon Sports na APR FC na mu bagabo , mu gihe Rayon Sports women izahura na Indahanvarwa, ukazabera kuri stade Amahoro taliki ya 10 Mutarama saa 17h .

Visi perezida wa Ferwafa ushinzwe tekinike bwana Richard Mugisha,  yavuze ko mu ntego za Ferwafa  harimo no kuzamura ibihembo amakipe ahabwa, ari nayo mpamvu  muri uyu mwaka , ikipe izatwara igikombe cya Super Cup izahabwa million 20 n'amafaranga y'u Rwanda,  mu bagabo n'abagore , ikipe izaba iya 2 izahabwa million 10 , mu gihe aya mafaranga ashobora no kuziyongera mu myaka iri imbere.

Ferwafa kandi yemeje ko amakipe azitabira Super Cup , buri kipe izabona ku mafaranga azava mu bafana , nyuma yo gukuramo ibizagenda ku kwishyura Stade Amahoro , ndetse amakipe yahawe inshingano zo gushishikariza abafana kuza kuri stade. Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments