• Amakuru / MU-RWANDA


Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki ya 12 Mutarama 2026, mu Murenge wa Rwezamenyo, mu Karere ka Nyarugenge, umugore wari usanzwe yicuruza (Indaya) yasanzwe mu nzu yabagamo yapfuye bikavugwa ko yaba yishwe n’umugabo bari batahanye mu masaha ya Saa Munani z’ijoro (02h00').

Ibi byabereye mu Mudugudu w’Indatwa, mu Kagari ka Rwezamenyo I, mu Murenge wa Rwezamenyo, mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali.

Abaganiriye na BTN TV batangaje ko bababajwe n'urupfu rwa Zainabu kuko yari ababaniye neza. Bakomeje bavuga ko kugira ngo bamenye ko nyakwigendera yapfuye byaturutse ku makuru yatanzwe na bagenzi be bazindutse bagiye kumutura telefone bagerayo batungurwa no gusanga iwe hafunguye.

Umwe ati:"Numvise nijoro nka Saa Cyenda (03h00') abagore bari gukomanga ku muryango we kuko njye ntuye hano inyuma ye gato, bakomangaga bavuga ngo abahe amayinite yo guhamagara (Airtime) hanyuma Kayitesi aravuga ngo nyamara Zainabu wasanga bamwibye ndabona iwe hakinguye? Bagira amatsiko barakomanga cyane mu gipangu bumva ntiyikiriza umwe akubiseho umugeri urugi ruhira rukinguka bahita bamubona aryamye mu ishuka yapfuye nta we uzi isaha yapfiriyeho ariko ngo Saa Sita yarakiri mu muhanda."

Bavuze kandi ko batunguwe n'urupfu rwa nyakwigendera kuko atigize ataka cyangwa ngo atabaze wenda ngo abe yatabarwa.

Undi muturage yagize ati:"Mu by'ukuri ntabwo tuzi uko yapfuye, ntabwo yigeze ataka, nta muntu wigeze umenya ngo byagenze bite. Uko twese duturanye byaducanze, twaguye mu kantu."

Amakuru atangwa n'abaturage bo muri ako gace avuga ko Zainabu yatahanye n'umugabo mugufi bagira ngo bagiye kuryamana bityo bagakeka ko yaba ari we wagize uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera.

Umuturage witwa Mukampogazi Marie Claire, uvuga ko avuganira abakora uburaya avuga ko bahura n'imbogamizi nyinshi yaba bo ubwabo ndetse n'abana babo bityo hakaba hakwiye kugira igikorwa mu kurwanya ipfu zabo za hato na hato.

Yagize ati:"Uwabere yari uw'i Gahanga, uwa kabiri yari uw'i Nyabugogo ku Isi ya cyenda, uwa gatatu aba uw'i Gikondo Sodoma, uwa kane abaye uwa Rwezamenyo.    Ubu turabona ipfu za 2016 ari zo zagarutse kuko nabwo nibwo buryo bapfagamo kandi bose bari gupfa urupfu rumwe."

Ku rundi ruhande hari abavuga ko ako kazi ku buraya bakwiye kukareka, bakereka no gukorakora (kwiba) ndetse no kwanduza bamwe mubo baryamana sida kuko ari byo bituma bamwe bihorera.

Ati:"Hari igihe umugabo amujyana akagaruka avuga ngo wa ndaya we wanyanduje sida, akaba yagaruka kwihorera avuga ko yamwanduje sida. Gusa, abagabo b'ubu yaba umuto cyangwa umukuru nta n'umwe ukemera agakingirizo (Condoms). Imana idufashe tubone akandi kazi dukora."

Aba baturage bakomeje bavuga ko abakora uburaya bakwiye no kureka kujya biba abagabo babagana kuko hari abafite iyo ngeso yo gusopa (kwiba) abo basambana.

Nyakwigendera Zainabu yasize abana babiri (2), gusa, abaturage basaba ko bashyigikirwa mu mibereho yabo ndetse no kumushyingura.

Iyi nkuru ibaye nyuma y'icyumweru kimwe, ahazwi nka Sodoma, mu Mudugudu wa Marembo I, mu Kagari ka Kanserege, Murenge wa Gikondo, mu Karere ka Kicukiro, mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, tariki ya 06 Mutarama 2026, umukobwa witwa Ingabire Nadine wakoraga uburaya, yasanzwe mu cyumba cya lodge yapfuye, umurambo we uri munsi y'igitanda uziritse, bikekwa ko yishwe n'abagabo babiri bari bari gusambana.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments