Perezida Paul Kagame yashimye Yoweri
Kaguta Museveni ku ntsinzi aherutse kwegukana mu matora y’umukuru w’igihugu,
amwizeza gukomeza umubano n’ubutwererane hagati y’u Rwanda na Uganda.
Ni ubutumwa umukuru w’igihugu
yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere
tariki 19 Mutarama 2026.
Yashimye Perezida Museveni
ku kuba yarongeye gutorerwa kuyobora Uganda.
Ati “Ndakwifuriza ibyiza
hamwe n’abaturage ba Uganda, mu gihe ukomeje gukorera igihugu cyawe ku
bw’iterambere ry’abaturage.”
Perezida Kagame yakomeje
avuga ko “niteguye gukomeza kubona kubona umubano n’ubutwererane bikomeye kandi
bitanga umusaruro hagati y’ibihugu byacu byombi.”
Ku wa 16 Mutarama 2026 ni
bwo byatangajwe ko Museveni yegukanye manda ya karindwi, binyuze mu matora y’umukuru
w’igihugu yabaye ku wa 15 Mutarama.
Yatsinze ku majwi 71,6%,
ahigika abandi bakandida barindwi bari bahatanye barimo Robert Kyagulanyi
wamenyekanye nka Bobi Wine, wabonye 24,72%.
U Rwanda na Uganda
bifitanye umubano ushingiye ku bucuruzi, cyane ko mu gihembwe cya gatatu cya
2025 rwoherejeyo ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 16,4 $. Ushingiye kandi
ku butwererane mu bya politike n’igisirikare.
Umubano w’u Rwanda na
Uganda kandi urenze kuba ibihugu bituranye kuko ushingira no ku bindi birimo
amateka, umuco na gahunda z’ubukungu zitandukanye.
Mu myaka amaze ku butegetsi, Museveni
yaharaniye kubana neza n’u Rwanda, akaba anashimirwa uburyo yitaye ku mpunzi
z’Abanyarwanda bari barambuwe uburenganzira ku gihugu cyabo n’ubuyobozi
bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nyuma
y’urugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi,
Uganda yakomeje gutsura umubano uzira amakemwa n’u Rwanda nk’Igihugu bisangiye
amateka, indimi n’imipaka.
Nubwo uyu mubano wagiye uzamo kidobya, nko hagati y’umwaka wa 2017-2019 ubwo habagaho kutizerana kwa Politiki, ntiwatinze kugaruka ku murongo ndetse ukaba ukomeje gusigasirwa mu buryo butanga inyungu ku baturage b’ibihugu byombi.