• Imikino / FORMULA-1


Umunyabigwi mu mukino wo gusiganwa mu modoka nto za Formula 1, Michael Schumacher, amaze imyaka irenga icumi n’itatu atagaragara mu ruhame kubera uburwayi bukomeye, atangiye kugaragaza impinduka nziza mu buzima bwe, aho ubu ashobora kweguka no kwicara abifashijwemo.

Schumacher yahuye n’iyi mpanuka ikomeye mu 2013, ubwo yari mu biruhuko byo mu misozi ya Alpes mu Majyepfo y’u Bufaransa, aho yakubise umutwe ku rutare rw’urubura mu gihe yakinaga umukino wo kugendera ku rubura (skiing) ari kumwe n’umuhungu we. Iyi mpanuka yatumye agira ikibazo gikomeye mu bwonko, ahita ajya muri coma yamazemo amezi atandatu.

Uyu mugabo, ubu ufite imyaka 57, yakomeje kwitabwaho n’itsinda ry’abaganga b’inzobere ryatoranyijwe n’umugore we Corinna Schumacher, bakomeje guharanira kubungabunga no kuzahura ubuzima bwe kuva icyo gihe.

Ikinyamakuru Daily Mail cyatangaje ko, nubwo mu gihe cyashize byavugwaga ko Schumacher afite uburwayi bukomeye buzwi nka pseudocoma bwatuma adashobora kuvuga cyangwa kwinyeganyeza, ubu ashobora kweguka ndetse akagenda atemberezwa mu kagare kabigenewe n’abamwitaho.

Umwe mu bantu ba hafi b’uyu muryango wavuganye n’iki kinyamakuru yagize ati: “Ntitwakwemeza ko yumva ibintu byose, kuko adashobora kuvuga. Ariko hari ibimenyetso bigaragaza ko ashobora kumva ibimuri hafi, nubwo atari byose.”

Umuryango wa Michael Schumacher wakomeje kugira ibanga rikomeye ku makuru y’ubuzima bwe, aho abantu bake bizerwa ari bo bemererwa kumusura. Mu myaka yashize, hari n’abantu bafunzwe bakekwaho kugerageza kwiba amakuru yerekeye uburwayi bwe, bagamije kuyagurisha mu bitangazamakuru ku mafaranga arenga miliyoni 12 z’Amapawundi.

Schumacher akunze kuba ari ku kirwa cya Majorca muri Espagne, aho umugore we yaguze inzu, cyangwa i Gland mu Busuwisi, aho umuryango wabo wari usanzwe utuye.

Mu 2024, umukobwa we Gina Schumacher yakoze ubukwe bwihariye n’umugabo we Iain Bethke, aho hafashwe ingamba zikomeye z’umutekano zirimo gusaba abashyitsi bose gutanga telefone zabo mbere yo kwinjira. Amakuru yavugaga ko Michael Schumacher yaba yaritabiriye ubwo bukwe, nubwo bitigeze byemezwa ku mugaragaro.

Michael Schumacher asize amateka akomeye muri Formula 1, aho yatwaye ibikombe birindwi by’Isi, anganya na Lewis Hamilton, ibintu byatumye ahora afatwa nk’umwe mu basiganwa b’indashyikirwa mu mateka y’uyu mukino.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments