• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryamaganye byimazeyo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) warishinje kugaba “igikorwa cy’iterabwoba” ku kibuga cy’indege cya Bangboka kiri hafi y’umujyi wa Kisangani, rivuga ko iryo tangazo rigaragaza kubogama no kudaha agaciro ubuzima bw’abaturage.

Ku wa Gatandatu tariki ya 31 Mutarama no ku Cyumweru tariki ya 01 Gashyantare 2026, AFC/M23 yemeye ko yarashe kuri icyo kibuga cy’indege ikoresheje indege zitagira abapilote (drones), ivuga ko yari igikorwa cya gisirikare cyibasiye gusa ibikoresho by’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Uyu mutwe usobanura ko icyo kibuga cy’indege cyakoreshwaga n’ingabo za Leta mu gutegura no kugaba ibitero ku baturage bo mu duce AFC/M23 ivuga ko yabohoye, ndetse no ku birindiro byayo. Yemeza ko icyo gikorwa cyari kigamije kurengera abasivili, atari ukubahutaza.

Ku wa Gatanu, Perezida wa Komisiyo ya AU, Mahmoud Ali Youssouf, yamaganye icyo gitero, asaba AFC/M23 guhagarika imirwano byihuse. Yavuze ko kurasa ku kibuga cy’indege kiri hafi y’aho abaturage batuye ari ukurenga ku mategeko mpuzamahanga agenga intambara, by’umwihariko amahame ajyanye no kurinda abasivili, kugabanya ingano y’ibitero no kwitwararika.

Ali Youssouf yise icyo gikorwa “igikorwa cy’iterabwoba”, ashimangira ko imitwe yitwaje intwaro itari iya Leta idafite uburenganzira bwo gushingira ku mpamvu za politiki, iz’umutekano cyangwa iza gisirikare ngo igire ibikorwa bishyira mu kaga abasivili n’ibikorwaremezo byabo. Yongeyeho ko ababigizemo uruhare n’ababashyigikiye bashobora kubiryozwa n’amategeko mpuzamahanga.

Mu gusubiza, AFC/M23, ibinyujije ku Munyamabanga Uhoraho wayo Benjamin Mbonimpa, yagaragaje impungenge zikomeye ku byo yise “itangazo risebanya kandi ribogamye” rya Komisiyo ya AU. Yavuze ko AU yamaganye isenywa rya drones, ariko ikirengagiza ku bushake ibitero by’indege byakomeje kugabwa ku baturage b’abasivili n’ubutegetsi bwa Kinshasa bufashijwe n’abacanshuro b’abanyamahanga.

Uyu mutwe wibukije ko mu mezi arenga abiri ashize, by’umwihariko kuva tariki ya 22 Mutarama 2026, abaturage bo muri Minembwe no mu misozi miremire ya Kivu y’Amajyepfo bakomeje kwibasirwa n’ibitero by’ingabo za Leta zakoreshaga drones ziri hagati y’umunani na 12.

AFC/M23 ivuga ko izo drones zakoreshwaga n’abacanshuro b’abanyamahanga zarashe ibisasu mu duce dutuwe cyane nka Minembwe, Twangiza, Rwitsankuku, Katogota, Sange, Icyambu cya Kalundu, Hauts-Plateaux, Masisi, Walikale, Rutshuru, Lubero, Mwenga na Kalehe, bigasenya ibikorwa remezo by’abasivili birimo amavuriro, amashuri n’insengero, ndetse bigahitana abantu benshi barimo abagore n’abana.

Uyu mutwe ushimangira ko igitero cyagabwe ku kibuga cy’indege cya Kisangani cyibasiye gusa ibikoresho bya gisirikare, ko nta basivili bahitanywe na cyo, kandi ko cyari kigamije kubahiriza agahenge kagizweho n’Amasezerano ya Doha, no gukumira ibitero byari bigiye kugabwa ku baturage.

AFC/M23 yanenze AU kuba yarahubutse kuyamagana itabanje gukora iperereza ryigenga cyangwa gukusanya amakuru yuzuye, ahubwo igahitamo gufata uruhande, ibyo ivuga ko bihungabanya icyizere uyu muryango ukwiye kugirirwa.

Yagize iti: “Kwita igikorwa cyarokoye ubuzima bw’abantu igikorwa cy’iterabwoba ni intambwe iteje akaga ku Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bikanahabanye n’inshingano zawo z’ibanze zo kurengera abaturage ba Afurika.”

Uyu mutwe wanenze kandi Ali Youssouf kuba atarigeze na rimwe amagana Leta ya Kinshasa ikoresha abacanshuro n’indege zitagira abapilote mu bitero byibasira abasivili, ibintu AFC/M23 ifata nk’ikimenyetso cy’imyitwarire ibogamye kandi itajyanye n’inshingano zo kurinda ubuzima bw’abantu.

AFC/M23 yatangaje ko yamagana ku mugaragaro iryo tangazo rya AU, isaba uwo muryango gushyira imbere uburyo budaheza, bufite inshingano kandi bushingiye ku kuri, ari bwo bwonyine bwatanga umusanzu w’ukuri mu kubaka amahoro arambye, ashingiye ku butabera n’ukwubahiriza uburenganzira bwa muntu.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments