• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

??


Hari amakuru akomeje gucicikana aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), avuga ko umutwe wa AFC/M23 waba wafashe Erik Prince, Umunyamerika uzwi cyane nk’uwashinze kandi uyobora ibikorwa by’abacanshuro ba Blackwater.

Aya makuru avuga ko Erik Prince yafatiwe mu mujyi wa Uvira muri iki cyumweru, nyuma y’uko ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC zisubiye muri uwo mujyi, M23 yari yarawuvuyemo mu kwezi gushize. Bivugwa ko mu bari baherekeje izo ngabo harimo n’abacanshuro bakorera Prince, bamaze igihe bagaragara mu mirwano ikomeje kubera mu misozi miremire yo mu burasirazuba bw’igihugu.

Amakuru ataremezwa ku mugaragaro avuga ko Erik Prince yafatiwe muri hoteli yo mu gace kazwi nko kwa Muchepe, afatanwa n’abasirikare bamurindaga, mbere yo kujyanwa ahantu hatazwi.

Kugeza ubu, AFC/M23 ntiratangaza ku mugaragaro niba aya makuru ari ukuri cyangwa atari ko. Umuvugizi wungirije w’uyu mutwe, Dr. Oscar Balinda, ku wa Gatanu ubwo yabazwaga n’abanyamakuru ku by’ifatwa rya Prince, yavuze ko ibisobanuro byimbitse byatangwa n’Umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, Lt. Col. Willy Ngoma, kuko ari we ukurikirana by’umwihariko ibijyanye n’abacanshuro.

Mu mwaka wa 2025, ni bwo hatangiye gutangazwa amakuru avuga ko Erik Dean Prince yashakaga kwinjiza mu burasirazuba bwa RDC abacanshuro bagera ku 2,500, bagamije gusimbura ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zari mu butumwa bwo kugarura amahoro (MONUSCO).

Raporo z’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zashyizwe ahagaragara mu Ukuboza 2023, zagaragaje ko Prince yagerageje kugirana amasezerano n’ubutegetsi bwa Kinshasa, agamije ubufatanye mu gukumira kwaguka kw’ibice bigenzurwa na M23 no kurinda ibirombe by’amabuye y’agaciro.

Izo raporo zagaragazaga kandi ko Prince yashatse kohereza muri Kivu y’Amajyaruguru abacanshuro bakomoka muri Colombia, Mexique na Argentina, mu gihe Leta ya RDC yari imaze gusaba MONUSCO gutangira gutaha mu byiciro.

Aya masezerano yavugwaga ngo yari ashingiye ku biganiro byabaye mu 2023 hagati ya RDC na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, igihugu kizwiho kugirana umubano wa hafi na Erik Prince. Uyu mugabo ngo yari anashishikajwe no gushakisha amakuru yatuma igikorwa cyo gutaha kwa MONUSCO cyihutishwa.

Erik Prince yigeze kuba ofisiye mu mutwe kabuhariwe w’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika urwanira mu mazi, uzwi nka Navy SEALs, kuva mu 1993 kugeza mu 1995. Nyuma y’imyaka ibiri, yashinze sosiyete y’abacanshuro ya Blackwater afatanyije na Al Clark.

Blackwater yashinzwe mu 1997 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, itangira yitwa Blackwater USA, ikaba yari isosiyete yigenga itanga serivisi z’umutekano n’imyitozo ya gisirikare, cyane cyane ku nyungu za Leta ya Amerika. Yamenyekanye ku rwego mpuzamahanga kubera ibikorwa byayo mu bihugu byibasiwe n’intambara nka Iraki na Afghanistan, ariko iza no kugirana impaka n’imbogamizi nyinshi zijyanye n’imyitwarire y’abakozi bayo.

Nyuma y’izo mpaka, Blackwater yahinduye izina igirwa Xe Services, nyuma iza kwitwa Academi, ariko ikomeza ibikorwa byayo mu rwego rw’umutekano mpuzamahanga.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments