Guverinoma y’u Butaliyani yatangaje ko idashobora kwinjira mu rwego rwiswe ‘Board of Peace’ rwashyizweho na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump bitewe n’uko imiyoborere yarwo ihabanye n’Itegeko Nshinga ry’icyo gihugu.
‘Board of Peace’ ni
urwego Perezida Trump yatangiye kuvuga muri Nzeri 2025 agaragaza ko rugamije
gushakira umuti ikibazo cy’Intambara yo muri Gaza ariko aza kurwagura agaragaza
ko ruzanashaka ibisubizo andi makimbirane ku Isi.
Ni urwego rutavuzweho rumwe ahanini bitewe n’uko hari abavuga ko
rwaba rugamije kwigizayo Umuryango w’Abibumbye.
Uko kutavugwaho rumwe kwatumye bimwe mu bihugu byatumiriwe
kurwinjiramo bitajyamo nubwo hari ibindi byemeje ubusabe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Butaliyani, Antonio Tajani, yavuze ko hari imbogamizi zikomeye z’amategeko zituma igihugu cye kidashobora kuba umunyamuryango w’uru rwego, nubwo avuga ko u Butaliyani bwiteguye gutanga umusanzu wabwo mu gushakira amahoro Isi.
Ati “Muri ‘Board of Peace’ harimo ingingo zidahura kandi
zidashobora guhuzwa n’Itegeko Nshinga ryacu ndetse zidashobora gukemurwa mu
buryo bw’amategeko. Gusa, tuzakomeza kuba maso mu gushyigikira gahunda zose
zigamije amahoro.”
Yongeyeho ati “Twiteguye gutanga umusanzu wacu mu buryo bufatika
nko mu gutoza inzego z’umutekano muri Gaza, ariko mu buryo bwubahiriza
amategeko mpuzamahanga.”
Minisitiri Tajani yasobanuye ko ingingo ya 11 y’Itegeko Nshinga
ry’u Butaliyani ibuza icyo gihugu kwinjira mu miryango mpuzamahanga itayobowe
mu buryo buha uburenganzira bungana ibihugu binyamuryango byayo, aho usanga
hari umuyobozi umwe ufite ijambo rya nyuma ku bandi bose.
Muri ‘Board of Peace’ ni ko bimeze kuko Donald Trump ari we
muyobozi uzaba afite ijambo rya nyuma kandi agumeho na nyuma yo kuva ku
butegetsi bwa Amerika.
Al Jazeera yanditse ko u Butaliyani bwiyongereye ku bindi bihugu
bikomeye by’i Burayi byamaze kwanga kwinjira muri uru rwego, birimo u
Bufaransa, u Budage n’u Bwongereza, ibyerekana impungenge zikomeje kwiyongera
ku ntego n’imikorere ya ‘Board of Peace’.
Ku rundi ruhande, Minisitiri Tajani yavuze ko umubano w’u
Butaliyani na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ukomeje kuba mwiza, by’umwihariko
nyuma y’inama yagiranye na Umunyamabanga wa Amerika Ushinzwe Ububanyi
n’Amahanga, Marco Rubio, na Visi Perezida wayo, JD Vance.
‘Board of Peace’ yatangirijwe mu kwezi gushize i Davos mu
Busuwisi yamaganywe n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga Mukuru wa
Loni, Antonio Guterres, wavuze ko inshingano zo kubungabunga amahoro ku Isi
zigomba gukomeza kuba iza Loni.
Kugeza ubu, ibihugu 26 ni byo bivugwa ko byamaze kwinjira muri
uru rwego mu bibarirwa muri 60 byatumiwe, mu gihe ibindi biri mu byasabwe
kurujyamo byakomeje kugaragaza imbogamizi z’uko uru rwego rudaha agaciro ihame
ry’uburenganzira bungana n’imiyoborere isanzwe y’inzego mpuzamahanga.