• Amakuru / MU-RWANDA


Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe, mu Murenge wa Kitabi, bavuga ko bahangayikishijwe n'ipfu z'abaturage zidasobanutse bigakekwa ko byaba biterwa n'inzoga zitujuje ubuziranenge banyoye ubwo bari bagiye mu kiriyo.

Ibi byabereye mu Mudugudu Mujuga, mu Kagari ka Mujuga, mu Murenge wa Kitabi, mu Karere ka Nyamagabe, mu Ntara y'Amajyepfo. 

Abaganiriye na BTN TV bavuga ko  abaturage bamaze gupfa ari batanu, aho bikekwa ko banyoye inzoga yari yahumanyijwe ubwo bari bagiye kurara ikiriyo ku muntu wari wagize ibyago.

Umwe yagize ati:"Ni inzoga basangiye ariko barakeka ko yari ihumanyijwe. Dukeka ko ariyo bazize. Ikinyobwa banyoye bivugwa ko umuntu yari yayihumanyije."

Bakomeza bavuga ko abapfuye bose  bonyoye kuri iyo nzoga kandi bakaba harimo n'abahumye kubera kunywa iyo nzoga.

Aba baturage basaba ko ubuyobozi bwakora iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane nyir'izina icyateye urupfu rwa ba nyakwigendera kuko kuri ubu bibateza urubwa.

Undi muturage yagize ati:"Byaduteye urubwa, nta hantu wajya ngo uvuge ko uri uwa Bujuga."

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, avuga ko abantu batanu aribo bapfuye mu gihe abandi batatu bakiri kwitabwaho n'abaganga.

Yagize ati:"Birakekwa ko banyoye inzoga zitujuje ubuziranenge, hari abaturage bazinyoye zibagiraho ingaruka ndetse 4 muri bo bitabye Imana igihe umwe mperuka akiri ku Bitaro yitabwaho n'abaganga."

Yakomeje avuga ko bikekwa ko iyo nzoga itujuje ubuziranenge banyoye ariyo yabambuye ubuzima.

Ati:"Iyo ukora ibintu bitujuje ubuziranenge hari uguhumanya kurenze uko. Iyo ufashe icyo wise inzoga itariyo, ugafata ibintu ugashyiramo ifumbire mvaruganda kandi itararmewe kunyobwa urumva byagenda gute? Abaturage badutungire agatoki ahari ibiyobyabwenge kuko Polisi irahari nibaduhe amakuru tuze dukumire."

Amakuru avuga ko abaturage bamaze gupfa bagiye bagaragaza ibimenyetso bitandukanye birimo guhuma amaso, gupfa amatwi, kurwara umutwe, kuzungera ugata ubwenge n'ibindi.

Abantu batanu mu bantu umunani bari bitabiriye icyo kiriyo aribo bamaze gupfa mu gihe abantu batatu bakiri kwitabwaho n'abaganga.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments