Nyuma y’urupfu rw’uwitwa Uwamahoro Melania rwakurikiwe n’urw’abandi bagabo batatu, bamwe mu baturage bavuga ko byabashyize mu rujijo abanda bagahamya byaturutse kubyo banyoye, gusa bose bagahuriza ku kuba ari impfu z’amayobera.
Ibi
byago byabereye mu mudugudu wa Mujuga mu kagali ka Mujuga mu murenge wa Kitabi
ho mu karere ka Nyamagabe mu ntara y’amajyepfo.
Umuturanyi
wa Melania yasobanuye uko ibyo byago byose byaje
“Uwamahoro
Melania yapfuye kuwa gatanu n’ijoro, tumushyishyingura ku cyumweru, tuvuye ku
kiriyo dusanga umugabo wo mu muryango yiyahuye, bucya kuwa mbere dushyingura
uwo mugabo, kuwa kabiri abaraje uwo mugabo we twumva ngo bahumye! Mbese wabonaga
bakanuye amaso abyimbye ariko batabona!”.
Abaturanyi
bavuga ko bageze ku gicamunsi umwe bati arapfuye! Mu gitondo babyutse kuwa
gatatu bati n’undi yapfuye.
Aba
baturage bavuga ko bishoboka hari uwahumanyije ikinyobwa basangiye bikaba ariyo
ntandaro y’izo mpfu zidasobanutse.
Umuvugizi
wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’amajyepfo CIP Hassan Kamanzi yahamije aya
makuru asobanura ko inkomoko yabyo ishingiye ku nzoga banyoye, yibutsa
abaturage kujya batangira amakuru ku gihe hari abari gukora izi nzoga zitemewe.