• Imyidagaduro / ABAHANZI

 

Umuraperi Wiz Khalifa  ari mu gahinda kenshi nyuma  yo gupfusha se  umubyeyi we , Laurence W. Thomaz.

Amakuru y’urupfu rwa Laurence W. Thomaz yamenyekanye ku wa Gatanu tariki 13 Gashyantare 2026. Yapfuye afite imyaka 63, gusa ntihatangajwe icyamwishe.

Wiz Khalifa abinyujije kuri X, yavuze ko “uyu munsi data yahisemo kudakanguka. Nzamukunda iteka ryose, nzamukumbura kandi nzahora mushimira kubera ibyo yanyigishije. Yagiye mu mahoro. Nzagukunda iteka Laurence W. Thomaz.”

Ubu butumwa Wiz Khalifa yabukurikije amafoto akiri muto ari kumwe na se.

Wiz Khalifa wamenyekanye mu ndirimbo nka Black and yellow, See you again na Young, wild and free, yari aherutse gutangaza ko studio se yigeze gufungura mu gace ka Pennsylvania, ubwo yari akiri muto, yamuharuriye inzira yo kwinjira mu muziki.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments