• Imyidagaduro / ABAHANZI

Lydia Jazmine yatangaje imico yifuza ku mugabo w’inzozi ze, ashimangira ko atagishaka urukundo rwo gukina

Uyu muhanzikazi w’Umunya-Uganda Lydia Jazmine yongeye gutuma amazina ye avugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, nyuma yo gutangaza ku mugaragaro imico yifuza ku mugabo w’inzozi ze.

Nubwo Lydia Jazmine yakunze kuvugwaho gukundana n’ibyamamare bitandukanye birimo Eddy Kenzo na Fik Fameica, we yakomeje guhakana ayo makuru, ashimangira ko ahitamo kugumana ubuzima bwe bw’urukundo mu ibanga.

Icyakora kuri iyi nshuro, yahisemo kuvuga yeruye ibyo yifuza ku mukunzi uzamubera uwo kubana na we by’igihe kirekire.

“Nkeneye umugabo uzi icyo ashaka  ,Mu butumwa yasangije abamukurikira, Lydia Jazmine yavuze ko yifuza umugabo ufite amarangamutima asobanutse (emotionally available), wiyemeje (committed) kandi ushobora no gushyigikira urugo mu buryo bw’amafaranga.

Yagize ati:“Nta kintu kiryoshye nko kubona umugabo uzi icyo ashaka kandi aguhitamo ku mugaragaro. Guhamagarana mu gitondo. Ubutumwa bwa nijoro. Gusubiza vuba. Nta gukina ku marangamutima. Nta kugusiga mu rujijo.”

Yakomeje asobanura ko ku bwe urukundo nyarwo rugaragarira mu bikorwa bya buri munsi:

“Aguha igihe, akaguha umwanya, akakwitaho, agashyiramo imbaraga ndetse n’amafaranga. Atuma wumva utekanye, ufite agaciro kandi witabwaho. Iyo yiyemeje, aba ari uwawe wenyine.”

Yigeze gutandukana n’umukunzi kubera kudafata urukundo nk’ikintu gikomeye

Aya magambo aje nyuma y’uko aherutse gutangaza ko yigeze kwirukana umugabo bakundanaga kubera ko atafataga umubano wabo nk’ikintu gikomeye kandi atagaragazaga intego z’igihe kirekire.

Lydia Jazmine yavuze ko atagishishikajwe no gukundana byo kwishimisha gusa, ahubwo ko ashaka umubano ufite icyerekezo.

Ati: “Sinshaka umuntu uza mu buzima bwanjye adafite gahunda isobanutse. Nkeneye umuntu ushaka kubaka, atari gukina.”

Mu byo aheruka gutangaza, bigaragara ko Lydia Jazmine atagishaka urukundo rwo kugerageza cyangwa urwo kwihishanya, ahubwo ashaka umugabo uhoraho, wizerwa kandi uhamye ku cyemezo cye.

Abasesenguzi b’imibanire bavuga ko amagambo ye agaragaza ko amaze gukura mu mitekerereze, ndetse ko ashaka umubano uha agaciro ubudahemuka, itumanaho n’ubwitange.

Ibi byateje impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bashimye uko agaragaza ibyo yifuza adatinya, mu gihe abandi bavuga ko ibyo asaba ari ibisanzwe ku muntu ushaka urukundo rukomeye.

Icyakora, ku ruhande rwa Lydia Jazmine, biragaragara ko ubu ashaka umukunzi uzi agaciro ke kandi witeguye kubaka ejo hazaza he.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments