Imyigaragambyo
y’abakozi yabaye ku wa Mbere yahungabanyije cyane ingendo ku kibuga gikuru cya
Kenya, Jomo Kenyatta International Airport, i Nairobi. Aho Abakozi basabaga ubuyobozi kunoza imibereho yabo ku kazi no kongererwa
imishahara.
Sosiyete
y’indege ya leta, Kenya Airways, yasohoye itangazo risaba abagenzi kubanza
kugenzura uko indege zabo zifashe mbere yo kujya ku kibuga cy’indege. Iryo
tangazo ryavugaga ko gutinda mu igenzura ry’indege (air traffic control)
byagize ingaruka ku kugera no guhaguruka kw’indege, bityo gahunda z’ingendo
zigomba guhindurwa. Sosiyete yongeye gushimangira iti: “Abagenzi basabwe
kutajya ku kibuga cy’indege batabanje kwemeza ko indege yabo ihari.”
Ibihumbi
by’abagenzi bagaragaye bicaye hanze ya terminal, mu gihe imiryango imwe
yatangaje ko ababo baheze imbere mu kibuga.
Muri bo
harimo Trent Bryski, mukerarugendo w’Umunyakanada wari umaze ukwezi muri Kenya,
wateganyaga kujya muri Uganda ariko urugendo rwe rukabangamirwa n’iyi
myigaragambyo. Kubera ko visa ye yari yararangiye, yavuze ko atahawe amakuru
asobanutse ku gihe azagendera .
“Ntabwo
twagombaga kuba tukiri hano, visa yacu igaragaza ko twavuye mu gihugu. Twahawe
ibaruwa idasanzwe, ariko ntituzi igihe tuzagenda,” yavuze, anongeraho ko
imyigaragambyo yamubujije kwizihiriza isabukuru ye i Entebbe muri Uganda.
Undi
mugenzi, Linda Chebet, yavuze ko gahunda ze z’umunsi zose zahindutse nyuma
y’uko indege ye itinze bikamubuza guherekeza nyina i Eldoret.
“Byose
byarahindutse, kandi byateje urukurikirane rw’ibibazo kuri njye no ku bantu
bari bategereje mama.
Ubuyobozi
bw’Ikigo gishinzwe ibibuga by’indege muri Kenya, Kenya Airports Authority,
bwatangaje ko bwafashe ingamba zigamije kugabanya ingaruka z’iyi myigaragambyo
mu gihe hagishakishwa umuti w’ibiganiro. Bwavuze kandi ko bwiteguye kugirana
ibiganiro byubaka n’abakozi.
Abakozi bari
baratanze integuza y’imyigaragambyo mu cyumweru gishize, nyuma y’uko habayeho
kutumvikana ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ajyanye n’imibereho ku kazi
n’inyungu z’abakozi.
Kubera ko Jomo
Kenyatta International Airport ari ihuriro rikomeye ry’ingendo zo mu karere no
ku rwego mpuzamahanga, iyi myigaragambyo yagize ingaruka zikomeye ku ngendo zo
mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba no hanze yako.
Like This Post? Related Posts