Umuhanzi uri mu bakunzwe cyane mu gihugu cya
Uganda Moses Ssalli uzwi nka Bebe
Cool yagaragaje ko nta kibazo cyangwa amakimbirane afitanye na
Eddy Kenzo nkuko byakomeje kugenda bivugwa ku mbuga nkoranyambaga
Uyu muyobozi
wa Gagamel yasobanuye mu buryo burambuye amakuru amaze igihe avuga ku makimbirane ari hagati yena mugenzi
we Eddy Kenzo usanzwe ayobora Big Talent
.
Ibi yabigarutseho
mu kiganiro yagiranye n’abafana be ku rubuga rwa Tik Tok mu mpera z’icyumweru gishize Bebe Cool yasobanuye ko nta
makimbirane cyangwa umujinya afitanye na Eddy Kenzo yahakanye amakuru y’ibihuha
byavugwaga ku mbuga nkoranyambaga ko
hari intonganya hagati yabo.
Bebe Cool
yavuze kandi ko atigeze yanga cyangwa ngo ashake kugirira nabi Eddy
Kenzo binyuranye nibyari bikomeje kuvugwa
n’abantu ku mbuga nkoranyambaga.
Yongeyeho kandi ko kugeza ubu intego ye ari ugukomeza
gukorera hamwe mu ruganda rwa muzika no
gushyira imbere umubano mwiza mu buryo bw’umwuga hagati ye na mugenzi we .
Iki
gisobanuro cyashyizwe ahagaragara mu rwego rwo guhagarika ibihuha no kugaragaza
ko abakunzi b’umuziki muri Uganda bakwiye gukomeza kwishimira impano z’aba
bahanzi bombi aho gukurikirana amakimbirane adafite ishingiro.
Like This Post? Related Posts