Perezida wa
Uganda, Yoweri Museveni, yashyizeho impuguke mu by’indege Girma Wake nk’ Umuyobozi
Mukuru w’agateganyo wa Uganda Airlines, mu rwego rwo gukemura ibibazo by’imiyoborere
no kongera guteza imbere imikorere y’iki
kigo cy’indege cya Leta.
Iri
shyirwaho ryemejwe mu ibaruwa yo ku wa 13 Gashyantare 2026, yandikiwe
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo n’Ubwikorezi, Edward Katumba Wamala, nyuma y’uko
Perezida agaragaje impungenge ku ntege nke zikomeye mu buyobozi n’imicungire ya
Uganda Airlines.
Mu ibaruwa
ye, Museveni yategetse Minisitiri gushyira mu bikorwa byihuse ishyirwaho rya
Girma Wake nk’Umujyanama n’Umugishwanama (Consultant/Advisor) kugira ngo afashe
gukosora ibibazo by’imiyoborere n’imikorere.
Yagize ati: “Ndagutegetse
gukomeza ugashyiraho Bwana Girma Wake nk’Umujyanama/Umugishwanama kugira ngo
afashe gukosora ibibazo byinshi by’imiyoborere biri muri kigo.”
Perezida
yanategetse ko Girma Wake azaba ariwe
Muyobozi w’agateganyo kugeza muri
Nyakanga 2026, igihe hazaba hashyizweho Umuyobozi Mukuru mushya uhoraho. Muri
icyo gihe cy’inzibacyuho, azakorana bya hafi n’Inama y’Ubutegetsi ya Uganda
Airlines.
Museveni
yanategetse ko umuyobozi wari uriho, Jenifer
Bamuturaki, ahita ava ku nshingano ze, agatanga ububasha kuri Girma Wake
n’Inama y’Ubutegetsi.
Girma Wake
azwi cyane mu rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere, aho yigeze kuyobora Ethiopian
Airlines, imwe mu masosiyete y’indege yageze ku ntsinzi ikomeye muri Afurika.
Ishyirwaho
rye rifatwa nk’intambwe ya Leta ya Uganda yo kugerageza gukura Uganda Airlines
mu bibazo by’imikorere byagiye biyivugwaho, no kongera icyizere mu mikorere
y’indege y’igihugu.
Like This Post? Related Posts