Umuyobozi
w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatangaje ko umugore we n’abana
bahunze igihugu” kubera ubugizi bwa nabi bakorerwaga n’inzego z’umutekano mu
gushakisha uyu mugabo uri mu bwihisho.
Robert
Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatangaje ibi ku wa gatatu mu ijambo riri mu
butumwa bwa video yagejeje ku nama mpuzamahanga ku burenganzira bwa muntu
yaberaga i Geneva mu Busuwisi.
Bobi ni we
wari mucyeba ukomeye wa Museveni mu matora yo mu kwezi gushize, yaje ku mwanya
wa kabiri n'amajwi 24% inyuma ya Perezida Museveni wagize 71%, ariko kuva
ibyayavuyemo byatangazwa yahise ajya mu bwihisho avuga ko inzego z’umutekano
zirimo kumuhiga ngo zimufunge.
Mu butumwa
yatanze mu nama yaberaga i Geneva, Bobi yasabye ko "isi ifatira
ibihano" Perezida Yoweri "Museveni n’umuhungu we" Jenerali
Muhoozi Kainerugaba kubera “ibikorwa bihohotera uburenganzira bwa muntu” ku
batavuga rumwe na bo.
Yavuze ko
akiri mu bwihisho ahantu atatangaje “atari ku bushake” ahubwo kubera gutinya
kugirirwa nabi. Ati: "Byari ngombwa kugira ngo nkomeze kubaho. No kubasha
kubavugisha aka kanya".
Mu butumwa
yashyize ku rubuga X, Muhoozi yanditse ko “ikintu cyiza” ku kuba Bobi Wine
ataboneka “ni uko twese twamwibagiwe”, yongeraho ngo “Azagume i Geneva
burundu”.
Muhoozi
Kainerugaba, umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, yashyize umuhate mu gushakisha
no gufata Bobi Wine ariko kugeza ubu ntiyabigezeho. Kugeza ubu nta cyemeza ko
ari i Geneva, nkuko Muhoozi abivuga.
Bobi
yinubira ko abantu bo mu ishyaka rye n’abari hafi ye bakomeje kugirirwa nabi
bamuziza we, kandi akemeza ko n’urugo rwe “ruracyagoswe n’abasirikare”.
Mu gihe
yemeza ko umugore we n’abana bafitanye
bane bahunze igihugu, kugeza ubu aho Bobi Wine aherereye ntabwo hazwi, yavuze
ko azagaruka mu ruhame "mu gihe gikwiriye".