Ishyirahamwe
ry’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi, UEFA, ryatangiye iperereza nyuma
y’uko rutahizamu wa Real Madrid, Vinicius Jr w’imyaka 25, atangaje ko yabwiwe
amagambo y’ivanguraruhu mu mukino wahuje iyi kipe na Benfica mu ijoro ryo ku wa
Kabiri.
Umusifuzi,
François Letexier, yahagaritse uwo mukino wa Ligue des Champions mu gihe
cy’iminota 10, aho ayo makipe yombi yasohotse mu kibuga akanya gato nyuma y’uko
Vinicius atsindiye Real Madrid igitego rukumbi cyabahesheje intsinzi.
Byari bibaye
ku nshuro ya 20 abwiwe amagambo y’ivanguraruhu kuva yagera muri Real Madrid.
Mu butumwa
yanyujije ku rubuga rwa Instagram, yanditse ati: “Abakoresha ivanguraruhu,
mbere ya byose, ni abanyabwoba. Bihisha inyuma y’amagambo y’urwango kugira ngo
berekane ko nta cyo bashoboye.”
Mu butumwa
yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Prestianni w’imyaka 20 yahakanye ko nta
magambo y’ivanguraruhu yabwiye Vinicius, avuga ko yamwumvise nabi.
Uyu
Munya-Argentine ukina hagati muri Benfica yanditse ati: “Ndashaka gusobanura ko
ntigeze ntuka Vini Jr nkoresheje amagambo y’ivanguraruhu. Ikibabaje ni uko
yibeshye ku byo yumvise.”
Vinicius
yashyigikiwe cyane na bagenzi be bakinana muri Real Madrid, by’umwihariko
Kylian Mbappé, watangarije itangazamakuru ko yumvise ijambo ry’ivanguraruhu
rivugwa inshuro eshanu.
Nyuma y’uwo
mukino, umutoza wa Benfica, José Mourinho, we yashinje Vini kuba ari we watumye
ibyo byose biba.
Vinicius
yamaze kuba ikimenyetso cy’urugamba rwo kurwanya ivanguraruhu ku isi yose,
kandi akomeje gusaba abayobozi gufata ingamba no gushyiraho amategeko akomeye.
Ashobora
kuba wibaza impamvu Vinicius akomeje uru rugamba rwe. Igisubizo yagitanze muri
Kamena 2024, ubwo abamututse bakoresheje amagambo y’ivanguraruhu bahanwaga
n’urukiko rwo mu mujyi wa Valencia bagakatirwa igifungo.
Mu butumwa
yanyujije ku rubuga rwa X icyo gihe, Vinicius yanditse ati: “Abantu benshi
bansabye ko nabihorera, abandi bambwira ko ntacyo nzageraho, ko ahubwo nkwiriye
‘gukinira umupira’ gusa.
“Ariko
nk’uko mpora mbivuga, si jye wibasirwa n’ivanguraruhu. Ndi umwanzi w’abakoresha
ivanguraruhu. Iki gihano cya mbere mu mateka ya Espagne kuri ubu bugizi bwa
nabi si icyanjye gusa. Ni icy’abirabura bose.”