• Imyidagaduro / IBITARAMO

 

Mu gihe  mu minsi ishize  Ubuyobozi  wa  East African Promoters bwatangazaga ingegabihe y’ibitaramo ngarukamwaka y’ibitaramo bya   Mtn Iwacu na Muzika Festival 2026 bashimagiye ko uyu mwaka hazamo  impinduka nyinshi aho none zabagera muri tumwe  mu turere  batigeze bageramo mu myaka yashize  ndetse bazanemo n’abandi bahanzi bakunzwe cyane.

Bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga  zabwo Ubuyobozi bwa  East African Promoters bwisimiye kumenyesha  abakunzi b’Umuhanzi Kevin Kade  ko ku nshuro  ye ya mbere azataramira abakunzi be bo mu turere iryo serukiramuco  rya Mtn Iwacu na Muzika rizanyura .

Bwagize buti  “Umuhanzi wanyu mukunda cyane Kevin Kade ku nshuro ye  ya mbere  aje kubataramira  mu  bita muri MTN Iwacu na Muzika  Festival 2026 mu ndirimbo  ze nyinshi mukunda cyane uyu mwaka abasaze aho muri hose .

Mu kiganiro kigufi Umuyobozi wa East African Promoters Bwana Mushyoma Joseph yagiranye na BTN Rwanda yamuhamirije ko  Kevin Kade ari we muhanzi wa mbere bamaze  kuganira ariko bazagenda  batangaza umuhanzi w’icyumweru .

Ku ruhande rwa Kevin Kade ni ibyishimo byinshi  cyane kuba ari we muhanzi wa mbere watangajwe kuzatarama muri iryo serukiramuco riba ritegerejwe na benshi mu bice bitandukanye  by’igihugu.

Kevin Kade yavuze ko umwaka ushize ntiyabashije kuririmba muri ibi bitaramo “kubera ko nahise ngira urugendo rujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika” ashimangira ko “igihe cyari iki kugira ngo nshimangire imyaka itanu ishize ndi mu muziki n’ibindi bikorwa biri imbere.”

Yagize ati: “Igihe cyari iki kandi turabikwiye. Nasezeranyije abafana ko ngomba kubageraho hirya no hino mu ntara rero banyitegure. Navuga ko ari iby'agaciro kuri njye."

Kuva ku wa 20 Kamena kugeza ku wa 1 Kanama, u Rwanda ruzaba ruri mu murya w’ibitaramo. Mu turere nka Rubavu na Karongi twegereye ibiyaga, cyangwa Musanze iri mu misozi y’ibirunga, hazaba humvikana amajwi y’abahanzi n’indirimbo zinyuranye, kuva kuri Afrobeat, R&B, Hip Hop, kugeza ku ndirimbo z’umuco.

Ni ibitaramo biteganyijwe kuzana umwuka mushya, bigasubiza icyizere abakunzi b’umuziki bari bamaze igihe bategereje kongera guhura n’abahanzi babo ku rubyiniro rumwe.

Mu magambo make, MTN Iwacu Muzika Festival 2026 ni urugendo rwo kongera guhuza Abanyarwanda biciye mu muziki. Ni urugendo ruzazenguruka igihugu, rususurutsa imitima, rukazamura impano, kandi rugasigira benshi amateka mashya.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments