• Imyidagaduro / IBITARAMO

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kwakira ibirori bizatangirwamo ibihembo bya ‘Shining Stars Africa Awards 2026’ bisanzwe bitangirwa muri Afurika y’Epfo, aho bizitabirwa n’abahanzi nyarwanda barimo Bruce Melodie na The Ben

Ni ibyatangajwe n’abasanzwe bategura irushanwa rya Shining Stars Africa Awards babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo ubwo bagaragazaga urutonde rw’abahanzi bo mu bihugu bitandukanye bazagaragaza impano zabo ku rubyiniro.

Kuri urwo rutonde bagaragaje ko abarimo TopCheri wo muri Namibia, Prince Luv wa Zambia, Bossgia wa Tanzania, Shana Sierra wa Uganda, Zyrah wa Tanzania, Pheno Boy wa DRC na Noela wa Uganda bose bazasusurutsa abazitabira ibyo birori mu rwego rwo kwerekana impano zabo.

Muri iryo tangazo abategura ibyo birori banagaragaje abamaze gushyirwa ku rutonde rw’abahatanira ibyo bihembo hagaragaramo Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016, Massamba Intore, Element, Alicia & Germaine, Bruce Melodie, Kigali Protocal, Jojo, Nadia Nany, Rocky Kimomo, Passy Sweet, Bianca Baby, MC Tino mu gihe mu banyamahanga barimo Juma Jux, Priscy, Mbosso, Paula Kajala, Tanasha Donna, Jasinta Makwabe, Meena Ally, Zamaradi Mketema, Shali Ahmed, Bukuru Adnette, Niyubahwe Kelly n’abandi benshi.

Mu bikorwa bizaba muri ibyo birori harimo kwerekana impano, kumurika imideri ibizakorwa n’abanyamideli b’ikigo cya RIFI, Abahanga mideri batandukanye barimo Nunu wo mu Rwanda [Nunu Fashion Luxury], Hilda Baleni wo muri Zambia [Skhusone’s Designs], Mariro Umubyeyi Angèlique wo mu Rwanda n’abandi bazaba baje kumurika ibikorwa byabo.

Uretse Kwiyeka kw’abanyempano, kumurika imideli no guhemba abahize abandi mu bahatanye muri iryo rushanwa hazanabahoumwanya muto w’ibiganiro ku ngingo zirimo ubuhanzi, imiyoborere, ubucuruzi, ikoranabuhanga, siporo n’ibindi.

Ni ibiganiro bizatangwa n’abarimo Massamba Intore; umuhanga mu miyoborere na politike wana baye umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko imyaka igera muri 15, Mukazibera Marie Agnès hamwe na Mugabo Julius umwe mu rubyiruko rumaze gushinga imizi mu bucuruzi bushingiye ku mbuga nkoranyambaga.

Biteganyijwe ko ibirori bya shining Stars Africa Awards 2026, bizatangwa tariki 07 Werurwe 2026 muri Olympic Hotel bikaba biteganyijwe ko bizitabirwa n’abantu bagera 1000.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments