• Imyidagaduro / IBITARAMO

Mu ijoro ryuzuyemo amarangamutima n’ibyishimo, Umujyi wa Huye wakiriye igitaramo cya mbere cya Tour du Rwanda Festival, cyabimburiye urundi ruhererekane rw’ibitaramo bizaherekeza Tour du Rwanda 2026.? Cyabereye muri Parking ya Stade ya Huye, aho imbaga y’abakunzi b’umuziki Nyarwanda bateraniye baje gutaramana n’abahanzi barimo Bwiza, Bushali, Kenny Sol na Kivumbi King.

Ariko mbere y’uko ibyishimo bifata indi ntera, habanje umwanya wo kwibuka no guha icyubahiro abahanzi batabarutse bagize uruhare rukomeye mu muziki w’u Rwanda.

Mu buryo bwuje ituze n’icyubahiro, MC Lucky yasabye ko hacurangwa indirimbo za Yvan Buravan, DJ Miller na Jay Polly.

Tasha The DJ yakinnye indirimbo za buri umwe, maze abafana bacana amatara ya telefoni baririmba, abandi bakajya ibicu mu rwego rwo kubasubiza icyubahiro.

Byari ibihe by’ituze byahise bihinduka urwibutso rukomeye, bigaragaza ko n’ubwo batakiri “kumwe natwe”, ibihangano byabo bikiriho kandi bikomeje guhumuriza benshi.

Huye yerekanye ko umuziki ukiri mu maraso

Nyuma y’uwo mwanya, ibyishimo byafashe indi ntera. Bwiza yageze ku rubyiniro yakirwa n’amashyi menshi, maze aririmba indirimbo ze zirimo ‘Ready’ yakunzwe cyane agitangira urugendo rwe mu muziki. Abari bitabiriye igitaramo bayiririmbye ijambo ku rindi, bigaragaza uburyo igihangano cye cyashinze imizi.

Mu ndirimbo ‘Ogera’ yakoranye na Bruce Melodie, uyu muhanzikazi yasusurukije imbaga, abyinana na bo mu buryo bwatumye Huye iba nk’ahantu hateraniye ibirori bikomeye.

‘Haje Gushya’ yageze i Huye koko

Ku ruhande rwe, Kenny Sol yazanye imbaraga n’amarangamutima asanzwe amuranga. Indirimbo ye nshya ‘Haje Gushya’ yamaze kugera i Huye kuko abafana bayiririmbye batayisigaje ijambo.

Ubwo yayiririmbaga, imbaga yamwakirije amatara, bayibyina mu buryo bwagaragazaga ko yakiriwe neza.

Mu zindi ndirimbo yaririmbye harimo izigaruka ku rugendo rwe rwuzuyemo “struggle”, aho aririmba ati: “Imvune zanjye ziva muri struggle, ngo ndebe ko nakira inkoni z’iki gihe, hamwe mbyuka njya gusenga.”  Byari ibihe byagaragaje umuhanzi wubakiye ku kuri ku buzima bwe.

Bushali yaririmbiye i Huye indirimbo zirenga 10

Nk’umwe mu bahanzi bari bitezwe cyane kuri uru rubyiniro, Bushali yageze ku rubyiniro ahita azamurira ubushye ibihumbi by’abari bateraniye muri Parking ya Stade ya Huye.

Mu ndirimbo ze zirenga icumi yaririmbye ataruhuka, Bushali yerekanye ko ari umwe mu bahagaze neza mu njyana ya Kinyatrap, atuma abakunzi be baririmba, babyina ndetse bajya ibicu.

Kuva ku ndirimbo ya mbere kugeza asoje, abafana be bari bamaze kumwiyumvamo, basubiramo amagambo ye batayibagiwe.

Imyitwarire ye ku rubyiniro, imbaraga n’uburyo asabana n’abafana byatumye igitaramo kirushaho gushyuha, agaragaza ko afite igisekuru kimwibonamo kandi kimushyigikiye byimazeyo.

Yaririmbye akangurira abafana be gukoresha uburyo bwa Mobile Money bwa Sosiyete ya MTN Rwanda mu kohererezanya amafaranga; ndetse n’uburyo bwa ‘AvansaMo’ bwo kwiguriza amafaranga.

Umuraperi Kivumbi King ni we wasoje iki gitaramo cya mbere cya Tour du Rwanda Festival. Kuva ku ndirimbo ya mbere kugeza ku ya nyuma, yagaragarijwe urukundo rwinshi.

Mu ndirimbo zirimo ‘Wait’, yasorejeho, abafana baramwikiriza, baririmba, bamwereka ko indirimbo ze ziri mu mitima yabo.

Yongeye kandi gusangira urubyiniro na Dj Pyfo mu ndirimbo yabo ‘Kikankane’, iri mu zakunzwe cyane mu minsi yashize.

Byari ubwa mbere bayiririmbanye imbere y’imbaga nini muri uru ruhererekane rw’ibitaramo, ibintu byasize benshi banyuzwe.

Iki gitaramo cyabereye i Huye cyahuriranye n’isozwa ry’Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye i Nyamata, kegukanywe n’Umunya-Espagne Pau Martí Soriano.

Tour du Rwanda iri gukinwa ku nshuro ya 18 kuva ibaye mpuzamahanga mu 2009, ikomeje guhuza siporo n’imyidagaduro mu rwego rwo gususurutsa Abanyarwanda no guteza imbere ubukerarugendo.

Mu gususurutsa abitabiriye iki gitaramo kandi, Symphony Band yakomeje gutuma ibyishimo birushaho kuzamuka, yunganira abahanzi mu buryo bwa ‘Live’ butuma umuziki urushaho kuryoha.

I Huye hatangiriye urugendo rwa Tour du Rwanda Festival 2026 mu buryo bwerekanye ko iyo siporo ihujwe n’umuziki, ibyishimo birushaho kwiyongera, kandi ko urwibutso rw’abahanzi batakiriho rukomeza kubaho mu ndirimbo zabo no mu mitima y’ababakundaga.

 

 











Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments