Umuhanzi Geosteady n’umukunzi we w’igihe kirekire,
Hindu Kay, bashyize akadomo ku rukundo rwabo binyuze mu muhango mwiza wa
Nikkah.
Uyu muhango
wa kisilamu wabereye mu muhezo ku wa Gatandatu, tariki ya 21 Gashyantare2026,
witabirwa n’abo mu muryango n’inshuti za hafi, uba intambwe ikomeye mu mubano
wabo.
Nubwo Nikkah
yahise ibemeza nk’umugabo n’umugore hakurikijwe amahame ya Isilamu, Geosteady
yasezeranyije umugore we ko mu gihe kiri imbere bazategura undi muhango munini
kandi uhenze kurushaho, wo kwizihiza urukundo rwabo ku mugaragaro.
Yagize ati: “Mu
bintu byinshi nshobora kuguha, icyo ni kimwe muri byo. Ndagukunda cyane. Nigeze
gukunda mbere, ariko ubu numva nkunda kurushaho. Umpa amahoro kandi unanshyira
mu rukundo rudasanzwe mu buryo bwose.”
Aba bombi
bamaze imyaka itari mike bakundana kandi bafitanye umwana w’umuhungu. Geosteady
yakundanye na Hindu Kay nyuma yo gutandukana na Prima Kardashi, umubyeyi
w’abana be.
Like This Post? Related Posts