Nyuma y’iminsi havugwa inkuru zitandukanye ku buzima bwe, Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Gen. Sultani Makenga, yongeye kugaragara mu ruhame, yitabira umuhango wo gusoza amahugurwa y’abasirikare 1,518 binjiye mu mutwe udasanzwe wa ARC.
Ibi byabereye mu kigo cya gisirikare
cya Rumangabo, muri Teritwari ya Rutshuru, mu burasirazuba bwa Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Mbere tariki ya 02 Werurwe
2026.
Mu ijambo rye, Makenga yagaragaje
impungenge ku bitero bya drone ashinja ingabo za Leta ya Kinshasa kugaba mu
duce dutuwe n’abaturage benshi. Yavuze ko ibyo bitero byagize ingaruka zikomeye
zirimo n’impfu z’abasivili.
Yagize ati:“Ingabo za FARDC ni ingabo
zirangwa n’imigirire mibi itandukanye kandi ni zo turwanya. N’umuyobozi wazo
ubwe yavuze ko ari iz’abasabirizi. Ibyo byerekana ko ari we musabirizi mukuru.”
Yakomeje ashishikariza abasirikare bashya guhita bajya ku
mirongo y’urugamba batagombye gutinza inshingano zabo, ababwira ko bahisemo
inzira yo “kwishyira ukizana no kubohora igihugu.”
Mu magambo akomeye yasoje ayo
mahugurwa, Gen. Makenga yatangaje ati:“Ndababwiye nti guhera uyu munsi tariki
ya 02 Werurwe, muri abasirikare ba ARC. Mwarangije amahugurwa yanyu, ubu
mushobora kwambara ingofero zanyu.”
Kongera kugaragara kwe mu ruhame kuje nyuma y’igitero cya
drone cyabereye i Masisi ku wa 24 Gashyantare 2026, cyahitanye Lt. Col. Willy
Ngoma n’abandi basirikare 18 ba AFC/M23. Nyuma y’icyo gitero, hakwirakwijwe
amakuru yavugaga ko na Gen. Makenga yaba yarakomerekeye cyangwa yariciwe muri
icyo gitero.
Kwiyerekana mu ruhame kwa Gen. Makenga byafashwe nk’uburyo bwo guca burundu ibihuha no gukomeza gutera morale ingabo ze mu gihe imirwano hagati ya AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Forces Armées de la République Démocratique du Congo (FARDC) igikomeje mu burasirazuba bwa RDC.
Like This Post? Related Posts