• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yihanganishije umuryango w’Umufaransakazi wiciwe mu gitero cy’indege nto itajyamo umupilote (drone) mu mujyi wa Goma mu gitondo cyo ku wa gatatu, yihanganisha n’abakora ubutabazi, ivuga ko hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane uko byagenze.

Karine Buisset, wari umukozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF), yiciwe muri icyo gitero muri uwo mujyi ugenzurwa n’inyeshyamba za M23 zirwanya ubutegetsi bwa DRC. Abandi bantu nibura babiri na bo biciwe muri icyo gitero.

M23 ishinja ingabo za DRC (FARDC) kuba ari zo zagabye icyo gitero zirenze ku gahenge kemeranyijweho hagati y’impande zombi, ikavuga ko ishingiye ku kwegerana kw’ahantu cyarashe n’urugo rw'uwahoze ari Perezida wa DRC Joseph Kabila hamwe n’umukuru w’ihuriro AFC/M23 Corneille Nangaa, bigaragara ko ari bo cyari kigambiriye.

Mu itangazo ryayo, leta ya DRC ntiyahakanye cyangwa ngo yemere ko ari yo yagabye icyo gitero, ivuga ko yanamenye ko cyangirikiyemo n’ibintu byinshi.

Itangazo rya minisiteri y’itangazamakuru ya DRC rigira riti: “Uko byagenze nyirizina muri utwo turere tugenzurwa [na M23] hamwe n’inkomoko y’ibiturika byatangajwe, ubu birimo gukorwaho iperereza n’inzego zibifitiye ubushobozi, kugira umucyo wose ugaragare ku kuntu byagenze.”

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yihanganishije umuryango wa Buisset, inshuti ze, n’abo bakoranye, avuga ko Ubufaransa bwifatanyije na bo, ndetse asaba ko amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu yubahirizwa, no kurinda abakozi bakorera i Goma mu “kurokora ubuzima”.

Stéphane Dujarric de la Rivière, Umufaransa uvugira umunyamabanga mukuru wa ONU (UN), yavuze ko abakora ubutabazi batagomba na rimwe kuraswaho.

Amerika na yo yihanganishije umuryango wa Buisset n’abo bakoranye, isaba impande zose “kubahiriza kurinda UN n’abakozi bakora ubutabazi”.

Itangazo ku rubuga nkoranyambaga X ry’ibiro by’Amerika byita ku bibazo by’Afurika rigira riti: “Ibitero mu bice bituwemo n’amasivile ntibyakwihanganirwa. Leta Zunze Ubumwe [z’Amerika] ziteze ko impande zose ziri mu ntambara zubahiriza ibyo ziyemeje.”

Ihuriro AFC/M23 ryasohoye itangazo nyuma y’ibitero bya drone byagabwe kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Werurwe 2026, mu mujyi wa Goma, umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ibi bitero byavuzwe ko byakozwe n’ingabo za FARDC (Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo).

Mu kiganiro n’itangazamakuru,Umuhuzabikorwa w’uyu mutwe, Corneille Nangaa, yavuze ko ibi bitero byinshi bya drone byari bigamije kwica abayobozi bakuru b’uyu mutwe ndetse n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments