Leta
ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yihanganishije umuryango
w’Umufaransakazi wiciwe mu gitero cy’indege nto itajyamo umupilote (drone) mu
mujyi wa Goma mu gitondo cyo ku wa gatatu, yihanganisha n’abakora ubutabazi,
ivuga ko hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane uko byagenze.
Karine
Buisset, wari umukozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF),
yiciwe muri icyo gitero muri uwo mujyi ugenzurwa n’inyeshyamba za M23 zirwanya
ubutegetsi bwa DRC. Abandi bantu nibura babiri na bo biciwe muri icyo gitero.
M23
ishinja ingabo za DRC (FARDC) kuba ari zo zagabye icyo gitero zirenze ku
gahenge kemeranyijweho hagati y’impande zombi, ikavuga ko ishingiye ku
kwegerana kw’ahantu cyarashe n’urugo rw'uwahoze ari Perezida wa DRC Joseph
Kabila hamwe n’umukuru w’ihuriro AFC/M23 Corneille Nangaa, bigaragara ko ari bo
cyari kigambiriye.
Mu
itangazo ryayo, leta ya DRC ntiyahakanye cyangwa ngo yemere ko ari yo yagabye
icyo gitero, ivuga ko yanamenye ko cyangirikiyemo n’ibintu byinshi.
Itangazo
rya minisiteri y’itangazamakuru ya DRC rigira riti: “Uko byagenze nyirizina
muri utwo turere tugenzurwa [na M23] hamwe n’inkomoko y’ibiturika byatangajwe,
ubu birimo gukorwaho iperereza n’inzego zibifitiye ubushobozi, kugira umucyo
wose ugaragare ku kuntu byagenze.”
Perezida
w’Ubufaransa Emmanuel Macron yihanganishije umuryango wa Buisset, inshuti ze,
n’abo bakoranye, avuga ko Ubufaransa bwifatanyije na bo, ndetse asaba ko
amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu yubahirizwa, no kurinda abakozi
bakorera i Goma mu “kurokora ubuzima”.
Stéphane
Dujarric de la Rivière, Umufaransa uvugira umunyamabanga mukuru wa ONU (UN),
yavuze ko abakora ubutabazi batagomba na rimwe kuraswaho.
Amerika
na yo yihanganishije umuryango wa Buisset n’abo bakoranye, isaba impande zose
“kubahiriza kurinda UN n’abakozi bakora ubutabazi”.
Itangazo
ku rubuga nkoranyambaga X ry’ibiro by’Amerika byita ku bibazo by’Afurika rigira
riti: “Ibitero mu bice bituwemo n’amasivile ntibyakwihanganirwa. Leta Zunze
Ubumwe [z’Amerika] ziteze ko impande zose ziri mu ntambara zubahiriza ibyo
ziyemeje.”
Ihuriro
AFC/M23 ryasohoye itangazo nyuma y’ibitero bya drone byagabwe kuri uyu wa
Gatatu, tariki ya 11 Werurwe 2026, mu mujyi wa Goma, umurwa mukuru w’intara ya
Kivu y’Amajyaruguru. Ibi bitero byavuzwe ko byakozwe n’ingabo za FARDC (Ingabo
za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo).
Mu
kiganiro n’itangazamakuru,Umuhuzabikorwa w’uyu mutwe, Corneille Nangaa, yavuze
ko ibi bitero byinshi bya drone byari bigamije kwica abayobozi bakuru b’uyu
mutwe ndetse n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa.