• Imyidagaduro / ABAHANZI


Umuhanzi Nizeyimana Didier uzwi ku izina rya Muchoma yavuze ko igihe yari afunze cyatumye asubiza amaso inyuma agatekereza ku mubano afitanye n’umukunzi we, ndetse atangira gutekereza ku gufata icyemezo cyo kurushinga.

Uyu muhanzi yavuze ko mbere atatekerezaga vuba ku gushaka, kuko yabonaga ari icyemezo kigomba gufatwa umuntu amaze imyaka myinshi yishimira ubuzima.

Yagize ati “Hari ukuntu najyaga mbwira abavandimwe banjye ko umusore atagomba gushaka atarageza nk’imyaka 35, amaze kwishimira ubuzima ndetse yarabonye abakobwa benshi. Ariko ubu imyumvire yarahindutse, kuko ntituzi ibizaba ejo.”

Muchoma yavuze ko ubuzima yanyuzemo mu minsi ishize bwamwigishije ko gutinza icyemezo cyo kubaka urugo bishobora kugira ingaruka ku mubano w’abakundana.

Yasobanuye ko iyo umusore akomeza gusubika icyemezo cyo kurushinga, bishobora gutuma umukobwa bakundana atakimushyigikira uko bikwiye mu bihe bikomeye.

Ati “Iyo umusore akomeza gutinza gufata icyemezo cyo kurushinga, we aba yumva nta kibazo. Ariko iyo ugeze mu bihe bikomeye nk’ibyo nanyuzemo, ubona ko n’uwari umukunzi wawe ashobora kugushyigikira mu buryo budahagije kuko ari byo wamuteyemo.”

Uyu muhanzi aherutse gushyira hanze indirimbo nshya yise “Sevure”, avuga ko ari imwe mu mishinga mishya ari gukora mu muziki nyuma y’ibihe bikomeye aherutse kunyuramo.

Mu cyumweru gishize, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Muchoma hamwe na bagenzi be barimo Mazimpaka Patrick, Nkeramihigo Japhet na Tumukunde Djuma barekurwa bagakurikiranwa badafunze.

Aba bose bareganwa na Barafinda Sekikubo Fred ku byaha bifitanye isano no gukwirakwiza amakuru y’ibihuha banyujije ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane kuri YouTube.

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments