Abakunzi
b’imyidagaduro n’abakunda gusohokana n’inshuti
zabo nyuma y’akazi bafite impamvu
yo kwitegura ibihe byiza, kuko kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Kamena 2026 bibaza
ari ibishyuye kwa Didy D’Or Lounge .
Ni mu mugoroba udasanzwe bise Golden Hour Thursday” aho abazahasohokera
bose bazagezwaho umuziki ugezweho na DJ Niyem
Nkuko twabitangarijwe na Dj Niyem ubwe yadutangarije ko icyo
gikorwa kizatangira mu masaha ya
Nimugoroba kuva kw’isha ya saa kumi n’Ebyiri kugeza mu masaha akuze .
DJ Niyem, umwe
mu ba DJ bamaze kubaka izina hano mu ruganda rw’imyidagaduro mu kuvanga imiziki itandukanye ikanyura
benshi, ni we uzaba ayoboye uyu mugoroba.
Biteganyijwe
ko azacuranga indirimbo zigezweho ndetse n’izakunzwe mu bihe bitandukanye,
hagamijwe gutuma abitabiriye baryoherwa n’ikirori kuva gitangiye kugeza
kirangiye.
Nkuko twabitangarijwe nabateguye uwo mugoroba batangaje ko hari
n’inyongera yihariye ku bazakitabira, aho hazatangwa igabanyirizwa rya 10% ku
biribwa n’ibinyobwa bizaba bitangwa muri uwo mugoroba.
Ni amahirwe
azafasha abashyitsi kwidagadura no gusangira n’inshuti zabo ku giciro
cyoroheje.
Mu myaka
ishize, ibikorwa nk’ibi byagiye bikurura urubyiruko n’abakunzi b’ahantu ho
kuruhukira nyuma y’akazi, kuko bitanga umwanya wo guhura, kuganira no
kwishimira umuziki mwiza mu mwuka utuje kandi ushimishije.
Iki gikorwa
kizatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (6:00 PM) muri Didy D’Or Lounge
iherereye i Kiyovu hafi y’inyubako ya RURA.
Ni umwe mu
mugoroba utegerejwe n’abakunzi b’umuziki, aho bazahabwa amahirwe yo kwidagadura
mu buryo bwihariye nyuma y’umunsi w’akazi.
Didy D’Or
Lounge ikomeje kwagura ibikorwa byayo byo kwakira ibitaramo n’amaserukiramuco
atandukanye agamije guteza imbere imyidagaduro mu Mujyi wa Kigali.
“Golden Hour Thursday” ni kimwe mu bikorwa bishya byitezweho guha abitabiriye ibyishimo bidasanzwe, binyuze mu muziki, amafunguro meza n’serivisi zinoze.
Like This Post? Related Posts