Umuhanzi
akaba n’umunyarwenya G Tuff ukomeje
kubica bigacika ku mbuga nkoranyambaga
cyane cyane ku ruuga rwa Youtube aho indirimbo ye aherutse gushyira hanze yise Aragitosa irebewe n’abarenga miliyoni mubu yatangiwe gutumirwa mu bitaramo hano mu mujyi wa Kigali.
G Tuff uzwiho gukoresha amagambo akunda gusetsa benshi
yatumiwe mu gitaramo cyateguwe n’Umuhazni Mugenzi we Uzwi nka Benno View mu gitaramo cye yise “View
Nation Gala Night .
Mu kiganiro n’umuwe mubategura ibitaramo mu kabyiniro gakunzwe cyane hano mu
mujyi wa Kigali ka Claucy Bar &Club
yatubwiye ko nyuma y’ibiganiro
bagiranye na Benno View usanzwe
nawe ategurira ibitaramo muri kariya
kabyiniro bahise gutumira
uyu munyarwenya kubera igikundiro afite muri iyi minsi binyuze
mu ndirimbo ye Aragitosa .
Yakomeje atubwira
ko muri icyo itaramo kandi atari G Tuff
wenyine batumiye ko hazaba harimo n’umukinnyi wa Filime
Pattyno,Olomide
na
Kembo ndetse n’ibindi byamamare
bitandukanye baytumiwe kuzaza kwifatanya
nabo muri icyo gitaramo .
Iki gitaramo cya View Nation Gala biteganyijwe ko kizaba kuri uyu wa gatanu tariki ya 20 werurwa 2026 muri Claucy Bar & Club ku gisozi haruguru ya ULK guhera I saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kugeza amasaha akuze .
Like This Post? Related Posts