• Amakuru / MU-RWANDA

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwerekanye abantu 11 barimo n’umunyamategeko akaba ari na Noteri wigenga, bafashwe bagurisha imitungo itimukanwa y’abantu irimo amazu n’ubutaka bifite agaciro karemereye, hari aho bafatiwe mu cyuho bagurisha umutungo wa miliyari imwe, najo bagurishaga ufite agaciro ka miliyoni 800Frw.

Muri aba bantu berekanwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026, harimo abagore batatu n’abagabo 7, aho bakurikiranweho ibyaha by’ubwambuzi bushukana bakaba barafashwe ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubutaka, bafatiwe ahantu hatandukanye.

Aba baregwa gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo,kwiyitirira umwirondoro, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya,gukoresha inyandiko mpimbano n’iyezandonke.

RIB isobanura ko bafashwe tariki 9 Werurwe 2026, bakaba  baragiye bigabanyamo inshingano mu kugura iyo mitungo kugeza igurishijwe.

RIB isobanura ko buri wese yari afite inshinano aho hari uwiyitaga nyiri imutungo, undi akaba umwana wa nyiri imitungo w’umuzungura, uwandikaga imitungo akemeza ko iguzwe  mu buryo bw’amategeko.

Aba bantu RIB ivuga ko yabafatiye mu cyuho bagurisha umutungo ufite agaciro ka miliyari y’amafaranga y’u Rwanda, bafatwa batarishyura amafaranga yose, kuko hari hishyuwe miliyoni 200Frw, ariko na zo zarafashwe zirafatirwa n’Ubugenzacyaha.

Hari n’ahandi bafashwe bagurisha umutungo ufite agaciro ka miliyoni 800Frw mu murenge wa Ndera, Akarere ka Gasabo.

RIB ivuga ko hagarujwe agera kuri miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda mu byo bari bagerageje kwiba.

Ubugenzacyaha busobanura ko aba babanzaga bagashaka amakuru ku butaka cyangwa inzu igurishwa, bagakora itsinda ndetse bagacura ibyangombwa biri mu mazina ya nyir’umutungo bashaka kugurisha.

RIB isobanura ko iyo hazagamo gutanga uburenganzira bwo kugurisha, byakorwaga hifashishijwe umunyamategeko nawe wari uri muri iryo tsinda.

Umuvugizi wa RIB,Dr Murangira B Thierry, yasabye abantu bagura imitungo itimukanwa kujya babanza kugira amakenga aho kuyigura buhumyi.

Ati “Umuntu ugura imari, yari akwiriye kugira amakenga,ntabwo yari akwiye gushyirishwamo na ba bantu, akagura ikintu hutihuti , atabanje gusuzuma, nta makenga yagize. Burya ufite amakenga niwe mwami, bari bakwiye kukwinginga ntabwo ari wowe ukwiye kubinginga. Abagura imitungo ni bagire uruhare rwo kubanza gusuzuma ubutaka bagiye kugura kuko nib o nyir’imari.”

RIB yagiriye inama bantu bishora mu byaha nk’ibi ko ubutabera butazaborohera.

Ati “Ukuboko k’ubutabera kuzabageraho.”

Agaciro k’imitungo imaze kugurwa no kugurishwa ntikaramenyekana ariko hari Miliyari y’amafaranga y’ u Rwanda yafatiriwe.

RIB ivuga ko bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Remera, Nyamirambo, Kicukiro na Kimironko.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments