Umuyobozi w’Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe kurwanya iterabwoba ((NCTC), Joe Kent, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye kubera kutemeranya n’intambara Amerika iri kurwana na Iran.
Iki
kigo cya NCTC gifasha kugira inama Perezida wa Amerika, Donald Trump, ndetse
n’umuyobozi w’inzego z’ubutasi ku bijyanye n’iterabwoba.
Mu
ibaruwa ye yo kwegura yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 17
Werurwe 2026, Kent yavuze ko adashobora gushyigikira iyi ntambara mu mutimanama
we. Yagize ati:“Iran nta kibazo cyihutirwa cyangwa cyari cyegereje cyo gutera
igihugu cyacu. Biragaragara ko iyi ntambara yatangijwe kubera igitutu cya
Israel n’abayishyigikiye bakomeye muri Amerika.”
Kent
yanibukije ko Trump mbere yari yarasezeranyije Abanyamerika guhagarika
intambara z’Amerika mu mahanga, cyane cyane izo mu Burasirazuba bwo Hagati, avuga
ko izo ntambara:
• zatwaye ubuzima bw’abasirikare benshi ba
Amerika
• zashegeshe umutungo n’ubukungu
bw’igihugu
Kwegura
kwa Kent ni ko kwa mbere gukomeye mu buyobozi bwa Trump kuva Amerika na Israel
batangira ibitero kuri Iran ku wa 28 Gashyantare 2026.
Ikindi
cyagaragaye cyane mu magambo ye ni ijambo “imminent threat” (akaga kari hafi
guhita kabaho). Mu mategeko ya Amerika, Perezida ashobora gutangiza igitero cya
gisirikare atabanje kubisabira uruhushya Inteko Ishinga Amategeko gusa iyo
igihugu kiri mu kaga kihutirwa.
Iri
jambo rifite akandi kamaro mu mategeko mpuzamahanga, kuko rikoreshwa mu
gusobanura igihe igihugu gishobora gutera ikindi gihugu kivuga ko cyari kiri mu
kwirwanaho.
Kent
yemejwe kuri uwo mwanya muri Nyakanga umwaka ushize n’Inteko Ishinga Amategeko
ya Amerika ku majwi 52 kuri 44. Yari ayoboye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe
kurwanya iterabwoba (National Counterterrorism Center), gifite inshingano zo
gusesengura no gutahura ibishobora guteza iterabwoba.