• Amakuru / MU-RWANDA


Kuva ku wa 17 kugeza 18 Werurwe 2026, intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iza Rwanda zahuriye mu murwa mukuru wa Washington, D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho zemereye ingamba nshya zigamije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro ya Washington-Washington Peace Agreement.

Nk’uko bigaragara mu itangazo rihuriweho n’impande zombi hamwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibi bihugu byemeranyije ku ruhererekane rw’ingamba zihuriweho zigamije kugabanya umwuka mubi wa gisirikare no guteza imbere intambwe igaragara ku butaka, cyane cyane mu burasirazuba bwa Congo.

Ingamba zafashwe

Mu byemeranyijwe harimo ingamba zifatika zigamije kongera icyizere hagati y’impande zombi no kuzamura umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Izi ngamba zirimo:

  • Kwiyemeza kubahiriza ubusugire n’imbibi z’ibihugu byombi
  • Gushyiraho ingengabihe yo gukura ingabo cyangwa kugabanya ingamba z’ubwirinzi mu bice bimwe byo mu burasirazuba bwa Congo
  • Kongera imbaraga ku ruhande rwa Congo mu kurandura umutwe wa FDLR
  • Gushimangira kurinda abasivili nk’ikorwa ry’ibanze

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko ku wa Kabiri no ku wa Gatatu yahuje intumwa z’ibihugu byombi i Washington, aho bemeranyije “gutera intambwe zifatika” mu gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro yasinywe umwaka ushize muri uwo mujyi.

Amasezerano yari yarasinywe ariko ntashyirwe mu bikorwa

Izi ngingo nyinshi zari zisanzwe zikubiye mu masezerano yasinywe muri Nyakanga 2025, nyuma yemezwa n’abakuru b’ibihugu byombi mu Ukuboza 2025 i Washington. Icyakora, kugeza ubu ayo masezerano ntiyari yatanga umusaruro ugaragara ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Congo.

Ibirego hagati y’impande zombi

Mu gihe ibiganiro bikomeje, impande zombi zikomeje gushinjanya.

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishinja u Rwanda gufasha umutwe w’inyeshyamba wa AFC/M23, umaze igihe wigaruriye ibice bitandukanye mu burasirazuba bwa Congo.

Ku rundi ruhande, u Rwanda rushinja leta ya Congo gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda 1994. Uyu mutwe u Rwanda  ruvuga ko uteye ikibazo gikomeye ku mutekano warwo.

Igitutu cya Amerika ku mpande zombi

Ibi biganiro bibaye mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kongera igitutu ku mpande zombi kugira ngo zubahirize amasezerano.

Mu minsi ishize, Washington yafatiye ibihano bamwe mu bayobozi b’ingabo z’u Rwanda n’igisirikare cya RDF, bashinjwa kugira uruhare mu makimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo.

Abasesenguzi bavuga ko iyi ntambwe nshya ishobora kuba amahirwe yo kongera gutangira ibiganiro by’amahoro, mu gihe umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari ukomeje guteza impungenge.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments