Umunyamabanga
mukuru w’umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yasohoye itangazo ririmo
ubutumwa bubiri avuga ko ubwa mbere abugeneye ibihugu bya Amerika na Israel
naho ubwa kabiri akaba abugeneye igihugu cya Iran.
Ni ubutumwa
bigaragara ko bugamije kwihaniza ibi bihugu bimaze hafi ibyumweru bitatu mu
ntambara ikomeye yo kohererezanya ibitero mu buryo bwo kurasanaho ibisasu
biremereye byica abatari bake bikanangiza ibikorwa remezo nk’inyubako,
amashuri, amavuriro, inganda ndetse n’inzira zifashishwa mu guhahirana n’ibindi
bihugu byo ku isi muri rusange.
Muri ubu
butumwa bwe, Guterres yasabye Amerika na Israel guhagariko iyi ntambara bashoje
kuko itangiye kugera ku rwego rushobora kuzarenga aba bayitangije bigatuma
kuyihagarika biba bitagikunze mu gihe nyamara iri kugira ingaruka nyinshi ku
batuye isi.
Ati “Ubutumwa
bwa mbere kuri Amerika na Isiraheli: Igihe kirageze ngo iyi ntambara itangiye kurenga
igaruriro ihagarare kuko iri gushyira ibintu byinshi mu kaga, ni intambara iri
guteza imibabaro ikomeye abaturage b’inzirakarengane, ikanagira ingaruka
zikomeye ku bukungu bw’isi, ndetse ishobora no guteza ibyago bikomeye cyane
cyane ku bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.”
Naho kuri
Iran, uyu muyobozi wa Loni yagize ati “Mureke
kugaba ibitero bihugu by’ abaturanyi banyu, kuko batigeze bagira uruhare muri
iyi ntambara. Akanama k’Umutekano ka Loni kamaganye ibi bitero, kanategeka ko
bihagarara, ndetse kanategeka ko hafungurwa umuyoboro nwa wa Hormuz. Gufunga
igihe kirekire uyu muyoboro bitera ububabare bukomeye ku bantu benshi ku isi
badafite aho bahuriye n’iyi ntambara.”
Asoza ubu
butumwa asaba ko habaho ibiganiro ku bahanganye agira ati “ Igihe kirageze ngo
hakoreshwe Dipolomasi aho gukoresha intambara”
Umuryango w’abibumbye
iratangaza ibi mu gihe ibihugu bihanganye byo bikomeje guhimana no kurasanaho
aho Iran yo irasa ku bihugu bituranye bifitanye ubucuti na Isiraheli cyangwa
Amerika abo nabo bakabikora gutyo kuri Iran no ku nshuti zayo.
Abasesenguzi
bemeza ko igishoboka kuri iyi ntambara ikomeje gufata intera ari uko hashobora
kuzabaho ihagarara ry’imirwano ritumvikanyweho ariko hagakomeza umwuka mubi
hagati y’abahanganye kandi ibyo bikazamara igihe kirekire cyane.
Kuva iyi
Ntambara yatangizwa n’ Amerika na Isiraheli imaze guhitana abantu barenga
byibura ibihumbi bitanu n’ibikorwa remezo byinshi ku mpande zombi ariko raporo
zitandukanye zikemeza ko Iran ari yo ifite igihombo kinini kugeza ubu hejuru ya
90%.