Igitero
cyagabwe ku kigo nderabuzima giherereye i El-Daein, umurwa mukuru w’Intara ya
Darfur-Est (Sudani), cyahitanye abantu 69 ndetse gikomeretsa 89, nk’uko
byatangajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS).
Iki gitero
cyabaye ku wa Gatanu cyibasiye ibitaro bya kaminuza by’uyu mujyi, gihitana
abakozi b’iki kigo, abarwayi ndetse kikanangiza ibikoresho by’ingenzi. Darfur,
ahanini igenzurwa za Forces de soutien rapide, ihora igabwaho ibitero n’ingabo
za Leta zishaka kkwisubiza ako gaherereye
mu gihugu hagati. Ibitero by’indege zitagira abapilote (drones) ku bice
by’abaturage, amashuri n’ibitaro biriyongera, nubwo haba hari guhakana kw’isi
yose. Izo ngabo zishinja ingabo kuba
arizo zateye iki gitero, mu gihe ingabo zihakana uruhare rwazo.
Ingabo
ziyoborwa Jenerali Al-Burhane zigenzura ibice by’Uburasirazuba, hagati
n’Amajyaruguru ya Sudani.
Umuryango w’abibumbye uherutse gutangaza ko abantu barenga 40,000
bamaze gupfa, ariko imiryango itegamiye kuri Leta (ONG) ivuga ko umubare
nyakuri uri hejuru cyane. Kugeza ubu kuva intambara itangiye, abantu barenga
2,000 bamaze kwicwa mu bitero byibasiye ibigo nderabuzima.
Like This Post? Related Posts