• Imikino / BASIKETI

Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo “RSSB-Tigers” yahagurutse i kigali yerekeje muri Afurika y’epfo aho iri rushanwa rizabera.

Muri iki gitondo cya taliki 25 werurwe nibwo ikipe ya RRB-Tigers yahagurutse i kigali yerekeza muri Afurika yepfo mu mujyi wa Pretoria ahazabera iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya gatandatu aho rizatangira taliki ya 27 Werurwe kujyeza taliki ya 5 Mata 2026.

Ni ikipe ihagurukanye abakinnyi 12 bayobowe n’umutoza mukuru Henry Mwinuka aho azungirizwa na James Maye wahoze atoza APR ndetse na Kenneth Gasana.

RSSB Tigers ihagarariye u rwanda muri iyi mikino, ni ku nshuro ya mbere aho inshuro eshanu ziheruka u Rwanda rwahagarariwe n’amakipe arimo Patriots, REG ndetse na APR. Uyu mwaka ikipe ya RSSB-Tigers niyo izahagararira u Rwanda isimbuye ikipe ya APR BBC yikuye muri iri irushanwa ku munota wa nyuma.

Mu bakinnyi 12 iyi kipe izifashisha nkuko twabivuze haruguru, harimo batandatu ba APR BBC bayobowe na Axel Mpoyo, Ntore Habimana, Ndizeye Dieudonne, Mangok Mathiang, Teafale Leonard Jr na Graig Leonard Randle. Aba bakinnyi bakiyongeraho umutoza James Maye Jr wungirije.

Abakinnyi basanzwe muri Tigers bajyanye nayo ni Antino Jackson, Hagumintwari Steven, Bizimana Paul, Viny Okouo, Cyiza Chandelier wa Kepler BBC na Furaha Cadeaux de Dieu wa REG BBC.

Uretse Tigers BBC, andi makipe azakina Kalahari Conference ni Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo, Al Ahly Tripoli yo muri Libya, Dar City yo muri Tanzania, Nairobi City Thunder yo muri Kenya na Petro de Luanda yo muri Angola.

Itsinda rya Sahara Conference ririmo Fath Union Sport Rabat yo muri Maroc ahazabera irushanwa, Al Ahly yo mu Misiri, ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal, Club Africain yo muri Tunisia, JCA Kings yo muri Côte d’Ivoire na Maktown Flyers yo muri Nigeria.

Amakipe ane azitwara neza muri buri tsinda, azahurira i Kigali mu Rwanda, mu mikino ya kamarampaka ya nyuma, izabera I Kigali kuva tariki ya 22 kugeza 31 Gicurasi 2026.

Iri ni rimwe mu marushanwa ya Basketball akurikirwa n’abatari bake ku Isi, dore ko mu mwaka ushize wa 2025 ubwo ryegukanwaga na Al Ahli Tripoli, ryakurikiwe n’abarenga ibihumbi 140, baturutse mu bihugu 214, abagera kuri miliyari 1,2 barikurikiranye ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments