Umunyarwandakazi
Niyonkuru Florence usiganwa ku maguru yegukanye umudali w’Umuringa, nyuma yo
kuba uwa gatatu mu gusiganwa muri metero 10 000 mu mikino ya Commonwealth iri
kubera i Glasgow muri Écosse.
Ku wa Mbere,
tariki ya 27 Nyakanga 2026, ni bwo, hakomeje kubera Imikino ihuza ibihugu
bihuriye mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), aho
barushanwa muri siporo zitandukanye buri myaka ine.
Mu gusiganwa
mu metero 10 000 Niyonkuru Florence yegukanye umudali w’Umuringa, nyuma yo kuba
uwa gatatu akoresheje iminota 31, amasegonda 55 n’ibyijana 47, akaba yakurikiye
Rose Davies wo muri Australia wabaye uwa mbere amurusha amasegonda 16, na Diana
Wanza wo muri Kenya wamurushije amasegonda atanu.
Niyonkuru
Florence aherutse kwandika andi mateka yegukana umudali wa Zahabu mu gusiganwa
metero ibihumbi 10 muri ‘TCS World 10K Bengaluru’ yabereye mu Buhinde.
Uyu mudali
w’imikino ya Commonwealth wabaye uwa mbere u Rwanda rubonye muri iyi mikino
yatangiye gukinwa mu 1930.
U Rwanda
rwinjiye mu Muryango wa Commonwealth mu 2009, rutangira kwitabira imikino yawo
mu 2010 ubwo yari yabereye i Delhi mu Buhinde. Mu nshuro enye rumaze
kuyitabira, nta mudali rwari ruregukana.
Undi mudali
u Rwanda rwabonye ni uwo mu Mikino y’Urubyiruko (Commonwealth Youth Games)
wegukanywe n’Ikipe ya Beach Volleyball yari igizwe na Munezero Valentine na
Musabyimana Penelope, aho begukanye umudali w’Umuringa babaye aba gatatu i
Bahamas mu 2017.
Like This Post? Related Posts