• Imikino / FOOTBALL

Wa  munsi  wari utegerejwe na benshi mu bakunzi  ba ruhango  mu Rwanda  wageze  aho  kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Werurwe  2026 kuri  Kigali Péle Stadium habereye  umukino  wa mbere ufungura irushanwa rya FIFA Series 2026 .

Umukino wafunguye  wahuje Igihugu cya Aruba ndetse na Macau,iri rushanwa rikaba ritegurwa na FIFA ,Aho ifasha Amakipe y’ibihugu mu mikino ya gicuti, rikaba ribaye ku nshuro ya Kabiri , ariko Ari ubwa mbere i Kigali.

?Uyu mukino ukaba ari uwo mu itsinda rya B ukaba watangiye saa 13:30 , usifurwa n’umusifuzi Mpuzamahanga w’Umunyarwanda Uwikunda Samuel.

Igice cya mbere cy’umukino kikaba kihariwe cyane n’ikipe y’Igihugu cya Aruba , wabonaga irusha cyane Ikipe y’igihugu cya Macau , Igice cya mbere cyarangiye ari Ibitego 3 – 0, byatsinzwe na Fermina Carlito, ku munota wa “5, naho Romano Joybrien ayitsindira Ibitego 2 ku munota wa 13? na 16”.

Igice cya kabiri cyatangiye nu bundi Ikipe y’Igihugu ya Aruba ihererekanya neza cyane , Ariko Abakinnyi b’ikipe y’Ibirwa bya Macau igerageza kuzibira imipira igana mu Izamu ryabo , ubona ko n’Umutoza agerageza kubaha amabwiriza yo kugarira cyane ubona ko adashaka gitsindwa ibindi bitego byinshi.

Ku munota wa 65? , Ikipe y’Igihugu ya Aruba yabonye igitego cya 4 gitsinzwe na Van Kitsdonk Conner, Umukino wakomeje Ikipe y’Igihugu ya Macau nayo yageragejegukomeza gusatira  igera imbere y’izamu biza no kuyihira maze ku Munota wa 87? Leong ka Hong ayibonera igitego cy’Impozamarira .

 Umukino ukaba warangiye Aruba itahukanye insinzi y’ ibitego 4-1, ihita igera ku mukino wa nyuma wo mu Itsinda B, rya FIFASeries , aho izahura n’ikipe iza kuva hagati ya Tanzania na Liechtenstein .








Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments