• Amakuru / POLITIKI


Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ku wa Kane tariki ya 26 Werurwe yategetse ko Maj. Gen Don William Nabasa na Brig Gen Johnson Namanya Abaho batabwa muri yombi, kubera ibyaha bifitanye isano na ruswa.

Ubutumwa bwo kubata muri yombi bwohererejwe ndetse bunashyirwa mu bikorwa n’Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba Umugaba Mukuru wungirije wazo, Lt. Gen Sam Okiding.

Amakuru avuga ko bariya ba-Jenerali babanje gufungirwa mu gihe cy’amasaha make ku Cyicaro Gikuru cy’Ingabo za Uganda i Mbuya, mbere yo kujyanwa ahandi hantu batwawe n’imodoka za gisirikare mu masaha y’ijoro.

Daily Monitor dukesha iyi nkuru ivuga ko yahawe amakuru y’uko kuri ubu Maj. Gen Nabasa na Brig. Gen Johnson Namanya kuri ubu bafungiye muri gereza y’umutwe w’ingabo zidasanzwe ya Kasenyi, ku muhanda ujya i Entebbe.

Nabasa yari asanzwe ari umuyobozi ushinzwe igenamigambi na gahunda mu ngabo za Uganda, mu gihe Namanya yaherukaga gukurwa na Gen. Muhoozi ku nshingano zo kuba umuyobozi ushinzwe ubwenegihugu n’abinjira muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri Uganda.

Bariya ba-Jenerali bombi bariyongera ku bandi benshi Muhoozi yirukanye ku myanya itandukanye bari bafite muri UPDF kuva yagirwa Umugaba Mukuru w’Ingabo, mu gihe abandi bagiye bafungwa.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko ibyemezo by’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda bigamije kwimakaza ikinyabupfura no kubazwa inshingano mu ngabo abereye umuyobozi.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments