Umunya-Cameroon
Tamba Merlin yongeye kugaragaza ko ari ku rwego rwo hejuru, atsinda Karume
amuteye igipfunsi mu mbavu ahita yunama, ntiyongera gukina mu irushanwa
ry’Iteramakofe ryiswe “Kigali Fight Night”.
Ni imikino
yabaye ku nshuro ya Kabiri ku wa Gatandatu tariki 28 Werurwe 2026, mu masangano
y’imihanda yo kuri Kigali Convention Centre.
Iri rushanwa
ryateguwe na Silverback Sports ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino
w’Iteramakofe mu Rwanda (RBF), ryahuje abakinnyi bo mu bihugu bya Afurika
birimo Uganda, Cameroun, Gabon, Tanzania, Nigeria, Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo (RDC), Malawi n’u Rwanda.
Iyi mikino
yitabiriwe n’abantu batari bake barimo Umunyamabanga wa Leta muri
Minisiteri ya Siporo Rwego Ngarambe, basusurukijwe n’abaraperi Riderman na
Bulldog hagati y’imikino yakinwe.
Janvier
Merlin Tamba Kwakhou w’imyaka 24, witoreza i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe
z’Abarabu, yongeye kugaragaza nk’uko yabikoze mu kwezi k’Ugushyingo 2025 muri
Zaria Court.
Tamba
yongeye gusoza umukino mu gace ka mbere kari kagizwe n’iminota itatu, mu duce
icyenda twari gukinwa, akubita Karume igipfunsi mu mbavu ahita yunama,
ntiyongera gukina.
Mu babigize
umwuga, u Rwanda rwari ruhagarariwe n’abakinnyi 2, Kazungu Frank na Hagenimana
Aimable.
Hagenimana
Aimable yatsinze Muhindo Vianney Bahati, mu gihe Daniela Muleketsi
Nsii ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatsinze
Umunya-Uganda Martha Akinyi, na ho Frank Kazungu atsinda Rogers Kamulegeya
ukomoka muri Uganda.
Kassa Kingbo
Odilon Hans ukomoka muri Gabon yatsinze Saidi Chako wo muri Uganda, Nene Joy
Ojo woe muri Nigeria atsinda Zawadi Kutaka wo muri Tanzania mu bakobwa.
Abderrezzak
Lamrani wo muri Algeria yatsinze Simion Tchetha wo muri Malawi, mu gihe Jerry
Katamba wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatsinze Ali Mkojani
wo muri Tanzania.
Mbere y’iyi
mikino y’ababigize umwuga hakinwe indi mikino umunani y’abatarabigize umwuga mu
rwego rwo gutegura ahazaza h’Abanyarwanda bakina Iteramakofe.