RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda
yabonye intsinzi ya kabiri yikurikiranya mu Itsinda rya Kalahari Conference rya
Basketball Africa League, nyuma yo gutsinda Petro de Luanda yo muri Angola
amanota 82-78.
Uyu mukino wabereye muri SunBet Arena
iherereye i Pretoria muri Afurika y’Epfo, kuri iki Cyumweru tariki ya 29
Werurwe 2026. Ni umukino watangiye wegeranye cyane abarimo Teafele Lenard Jr na
Kacoul Dut Jok batsinda ku mpande zombi. Agace ka mbere karangiye Petro de Luanda iyoboye
n’amanota 17 kuri 12 ya RSSB Tigers.
Iyi kipe yo muri Angola yakomerejeho mu gace kabiri ikomeza kongera
ikinyuranyo ibifashijwemo n’abarimo Childe Dundao na Glofate Buiamba ndetse
kiba amanota icyenda (27-18). Mu minota itatu ya nyuma, RSSB Tigers yongereye
imbaraga itangira kugabanya ikinyuranyo binyuze muri Mangok Mathiang na Leonard
Craig Randall batsinda cyane.
Aka gace RSSB Tigers yatsinzemo amanota 22 kuri 19 ariko birangira Petro de
Luanda isoje igice cya mbere ikomeje kuyobora umukino n’amanota 36-34. Mu gace
ka gatatu, amakipe yombi yagendanye mu gutsinda amanota abarimo Gerson Domingos
na Mangok Mathiang batsinda ku mpande zombi ndetse banganya amanota 45-45.
Habura amasegonda macye, Leonard Craig Randall yatsinze inota kuri Lancer
bituma RSSB isoza aka gace iyoboye umukino n’amanota 57 kuri 56 ya Petro de
Luanda.
Mu gace ka nyuma, iyi kipe y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize yakomeje
kongera ikinyuranyo cy’amanota ibifashijwemo na Teafele Lenard Jr, Leonard
Craig Randall na Axel Mpoyo batsindaga amanota atatu gusa, kigera mu manota
icyenda (74-65).
Mu minota ya nyuma, Petro de Luanda yongereye imbaraga itangira kugabanya
ikinyuranyo binyuze Javilon Coleman Blake na Kacoul Dut Jok Childe Dudao ndetse
banganya amanota 78-78.
Habura amasegonda 20, Antino Jackson yatsinze amanota atatu y’ingenzi
yongeramo irindi yafashije RSSB Tigers gutsinda umukino ku manota 82 kuri 78 ya
Petro de Luanda, yuzuza intsinzi ya kabiri yikurikiranya muri iri tsinda.
Teafele Lenard Jr wa RSSB Tigers ni we watsinze amanota menshi 26
yakurikiwe na Childe Dudao wa Petro de Luanda watsinze amanota 19.
Iyi kipe izasubira mu kibuga ku wa Gatatu tariki ya 1 Mata 2026, ikina na
Johannesburg Giants Basketball Club yo muri Afurika y’Epfo.
Like This Post? Related Posts