Umuyobozi Mukuru wa Air Canada, Michael Rousseau, yatangaje ko yeguye kuri izi nshingano nyuma y’igitutu cy’abamunenze bamushinja kutubahiriza indangagaciro z’indimi ebyiri zikoreshwa muri Canada.
Ibi byakurikiye impanuka y’indege ya
Air Canada yabereye ku Kibuga cy’Indege cya LaGuardia Airport, aho yagonganye n’ikamyo
y’ubutabazi, igahitana abapilote babiri ari bo Mackenzie Gunther na Antoine Forest,
abandi benshi bagakomereka.
Nyuma y’iyo mpanuka, Michael Rousseau
yatanze ubutumwa bwihanganisha imiryango y’ababuze ababo, ariko abikora mu
Cyongereza gusa, ibintu byateje impaka zikomeye cyane muri Canada.
Abenshi bamunenze bavuga ko atahaye
agaciro abavuga Igifaransa, cyane ko umwe mu bapilote witabye Imana, Antoine Forest,
akomoka mu Ntara ya Quebec,
izwiho kuba ituwe n’abavuga Igifaransa.
Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney,
na we yifatanyije n’abanenze Rousseau, ashimangira ko abayobozi bakuru bagomba
kubahiriza indimi zose zemewe mu gihugu.
Nubwo yagerageje kwisobanura avuga ko
atabasha kuvuga Igifaransa neza n’ubwo yigeze kucyiga, igitutu cyakomeje
kwiyongera, bituma afata icyemezo cyo kwegura.
Ku wa 30 Werurwe 2026, Air Canada
yatangaje ko Rousseau azava ku mirimo ye mu mpera z’igihembwe cya gatatu cy’uyu
mwaka.
Mu butumwa bwe bwo gusezera, yagize
ati: “Byari iby’agaciro gukorana
n’abakozi bafite ubunararibonye muri Air Canada no guhagararira iki kigo
gikomeye. Nzakomeza kugifasha mu gihe gisigaye.”
Michael
Rousseau yari amaze imyaka igera kuri 20 ayobora Air Canada, aho yubatse izina
nk’umwe mu bayobozi bagize uruhare mu iterambere ry’iki kigo.
Iyi nkuru yongeye kugaragaza akamaro
k’indimi mu miyoborere ya Canada, igihugu gifite indimi ebyiri zemewe ari zo
Icyongereza n’Igifaransa.