Ishyirahamwe
ry’abakinnyi bakiniye ikipe y’igihugu Amavubi , FAPA, ryagaragaje impungenge
zikomeye ku byabaye mu ijoro ryashize mu mukino wa nyuma wa FIFA Series, aho
kapiteni w’ikipe y’igihugu, Djihad, na Manzi Thierry babujijwe kwinjirana
n’abana babo mu kibuga ubwo binshimiraga
intsinzi y’ikipe y’igihugu .
Mu itangazo
ryashyizwe hanze FAPA yavuze ko aba bakinnyi bahagaritswe n’umukozi ushinzwe
umutekano uzwi nka Kabera Frank Romeo usanzwe akorera Kompanyi ishizwe umutekano ya Tiger Gate S wababujije ko abana babo babasanga mu kibuga
nyuma y’umukino.
FAPA
yagaragaje ko ibyo bikorwa bidahuye n’icyubahiro n’agaciro abakinnyi bakwiye
guhabwa, cyane cyane mu bihe by’ingenzi by’igihugu ndetse n’ubuzima bwabo
bwite.
bagize iti:“Twemera
ko umupira w’amaguru ugomba guhora ushyira abakinnyi ku isonga ntiharebwe gusa
ibyo bakora mu kibuga, ahubwo hanahabwa agaciro ubuzima bwabo bwo hanze yacyo.”
Iri
shyirahamwe ryagaragaje ko ibyo bihe ari iby’agaciro gakomeye ku bakinnyi, aho
baba bifuza kubisangiza imiryango yabo n’ababo, cyane cyane mu bihe
by’ibyishimo bidasanzwe.
FAPA yasabye
ko hakorwa isesengura ryimbitse kuri ibi byabaye, ndetse hagashyirwaho ingamba
zifatika kugira ngo bitazongera kubaho mu gihe kiri imbere.
Yasoje isaba
ko mu mupira w’amaguru hajya hubahirizwa icyubahiro, impuhwe n’ubunyamwuga, ku
bantu bose bawugiramo uruhare.
Siryo shyirahamwe
gusa ryagarutse kuri icyo
gikorwa kuko n’abakoresha imbuga
nkoranyambaga ndetse n’abanyamkauru batandukanye hano mu Rwanda banenze
icyo gikorwa cyakozwe n’uwo mugabo uzwiho ko iteka akunda kubikora ku bibuga bitandukanye kuko
ibintu byose abikora nkaho ntacyo yitayeho .
Umunyamakuru
Ephrem Kayiranga we yibukije ko Kabera “hari igihe yangiye abasifuzi kwinjirira
ku muryango Rayon igiye gukina na Police muri Heroes cup, kandi abo basifuzi
barimo Aline ari bo bari bagiye gusifura uwo mukino
Abanyamakuru
bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda barimo Rolenzo Christian, David Bayingana
na Jean Luc Imfurayiwacu bumvikanye basaba sosiyete ya Tiger Gates kwirukana uyu
musekirite kuko akomeje kugaragaza imyitwarire itari myiza no kutubaha abantu.
Si ubwa
mbere aba bagabo bacunga umutekano bavuzweho imyitwarire idahwitse, dore ko mu
mwaka ushize ubwo Rayon Sports yakinaga na Police FC, umwe muri bo yateye
rugondihene umufana akitura hasi; ibyasize atawe muri yombi.
Hari ubwo
kandi umwe muri bo yigeze kwitambika Richard Nyirishema wari Minisitiri wa
Siporo akamubuza kwinjira mu myanya ya Stade Amahoro igenewe abanyacyubahiro.
Like This Post? Related Posts