• Imyidagaduro / ABAHANZI

 

Umunyabigwi  mu muziki mu gihugu cya Uganda  Joseph Mayanjya  uzwi nka  Jose Chameleone yifatanyije n’u Rwanda n’Isi muri rusange muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uyu muhanzi umaze imyaka myinshi ari mu bafite izina rikomeye mu muziki, abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga  yashyizeho ubutumwa bwo kwifatanya n’Abanyarwanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026, umunsi watangirijweho icyumweru cyo kwibuka.

Mu butumwa bwe, Jose Chameleone yashimangiye  yifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka ubuzima bw’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, ndetse no guha agaciro no gushima imbaraga n’ubudaheranwa by’abarokotse.

Ni ubutumwa bugaragaza ko uyu muhanzi atibagiwe amateka akomeye u Rwanda rwanyuzemo, ndetse anashimangira ko ari kumwe n’Abanyarwanda muri ibi bihe bikomeye byo kwibuka, aho hibukwa abasaga Miliyoni bishwe bazira uko bavutse.

Kuba Jose Chameleone, umwe mu bahanzi bafite igikundiro kinini mu karere, yagaragaje ubu butumwa, bigaragaza ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi atari igikorwa cy’Abanyarwanda gusa, ahubwo ari inshingano y’Isi yose, cyane cyane abahanzi n’ibyamamare bafite ijwi rigera kuri benshi.

Ubutumwa bwe kandi bushimangira akamaro ko gukomeza kwibuka, guharanira ukuri ku mateka no kwamagana abapfobya cyangwa abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, mu rwego rwo kubaka ejo hazaza harangwa n’amahoro n’ubwiyunge.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments