• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi Senderi Hit uzwi cyane mu gukora indirimbo zigisha uburere mboneragihugu ndetse n’izo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yasubiyemo indirimbo ze ebyiri ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’ na ‘Guhanga Si Uguhaga’.Mu kiganiro n’umunyamakuru wa BTN Rwanda yamutangarije ko yasubiyemo ziriya ndirimbo kuko yifuzaga gukomeza kubungabunga amateka akomeye zifite  bityo ko zidakwiye gusaza akiriho cyane ko zifashishwa na benshi zigafasha abatari bake.

Ati “Uko imyaka igenda ishira ni ko ibihangano byacu ubona ko bisigara bijyanye n’igihe tuba twarabikoreye, hari indirimbo rero ziba zibitse amateka akomeye ku buryo numva ko ari iby’ingenzi kongera kuzivugurura yaba mu buryo bw’amajwi n’amashusho.”

Indirimbo ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’ na ‘Guhanga si Uguhaga’ zimaze imyaka irenga 20, Senderi ahamya ko nk’amashusho yazo wasangaga atagaragara neza ku buryo yakwifashishwa bijyanye n’aho Igihugu kigeze mu iterambere bityo ahamya ko byari bikwiye kuzisubiramo.

Ku rundi ruhande ariko muri iki gihe u Rwanda n’Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, Senderi Hit yasabye urubyiruko kwima umwanya abashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda banyuze ku mbuga nkoranyambaga  ndetse  na handi hose  banyura .

Ati “Ubutumwa bwanjye ni ugusaba urubyiruko by’umwihariko n’Abanyarwanda muri rusange kwima umwanya abashaka gusenya ubumwe bwacu, bagoreka amateka y’Igihugu cyacu.”

Senderi Hit yibukije urubyiruko ko mu gihe izari ingabo za RPA zahagarikaga Jenoside yakorewe Abatutsi, amahanga yari aho arebera, bityo ahamya ko Abanyarwanda ari bo bafite umukoro wo kurinda ibyo bamaze kwigezaho badategereje abanyamahanga.

 




Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments