Umuhanzi Senderi Hit uzwi cyane mu gukora indirimbo zigisha uburere mboneragihugu ndetse n’izo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yasubiyemo indirimbo ze ebyiri ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’ na ‘Guhanga Si Uguhaga’.Mu kiganiro n’umunyamakuru wa BTN Rwanda yamutangarije ko yasubiyemo ziriya ndirimbo kuko yifuzaga gukomeza kubungabunga amateka akomeye zifite bityo ko zidakwiye gusaza akiriho cyane ko zifashishwa na benshi zigafasha abatari bake.
Ati “Uko
imyaka igenda ishira ni ko ibihangano byacu ubona ko bisigara bijyanye n’igihe
tuba twarabikoreye, hari indirimbo rero ziba zibitse amateka akomeye ku buryo
numva ko ari iby’ingenzi kongera kuzivugurura yaba mu buryo bw’amajwi
n’amashusho.”
Indirimbo
‘Nyarubuye Nziza Twibuke’ na ‘Guhanga si Uguhaga’ zimaze imyaka irenga 20,
Senderi ahamya ko nk’amashusho yazo wasangaga atagaragara neza ku buryo
yakwifashishwa bijyanye n’aho Igihugu kigeze mu iterambere bityo ahamya ko
byari bikwiye kuzisubiramo.
Ku rundi
ruhande ariko muri iki gihe u Rwanda n’Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 32
Jenoside yakorewe Abatutsi, Senderi Hit yasabye urubyiruko kwima umwanya
abashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda banyuze ku mbuga nkoranyambaga ndetse
na handi hose banyura .
Ati
“Ubutumwa bwanjye ni ugusaba urubyiruko by’umwihariko n’Abanyarwanda muri
rusange kwima umwanya abashaka gusenya ubumwe bwacu, bagoreka amateka y’Igihugu
cyacu.”
Senderi Hit
yibukije urubyiruko ko mu gihe izari ingabo za RPA zahagarikaga Jenoside
yakorewe Abatutsi, amahanga yari aho arebera, bityo ahamya ko Abanyarwanda ari
bo bafite umukoro wo kurinda ibyo bamaze kwigezaho badategereje abanyamahanga.