Umunyarwenya
Kingsley Ogbonna uzwi nka
Doctall Kingsley ukunze
kwiyita Ntakirutimana yifatanyje n’abanyarwanda n’isi
yose kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ku nshuro ya 32
Uyu munyarwenya mu butumwa bwe yanyujije kuri Instagram ye yerekanye nawe ko yifatanyije n”abavandimwe b’abanyarwanda kwibuka
Inzirirakarengane z’Abatutsi barenga Miliyoni bishwe bazira
uko bavutse.
Doctall Kingsley mu butumwa bwe birebure yagize ati “ Banyarwanda bagenzi banjye,Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu minsi ijana gusa, ubuzima bw’abarenga miliyoni imwe bwaratwawe . Ni amateka ababaje cyane, yakoze ku banyarwanda bose ababyeyi bacu, abavandimwe bacu, bashiki bacu na basaza bacu, inshuti zacu, ababyara bacu n’abana bacu.
Nubwo hari
aho nashoboraga kutabivuga neza, ukuri kugumaho: ni ibyago bikomeye byabaye ku
gihugu cyacu, kandi bidusigira isomo rikomeye. Mu gihe dukomeza Kwibuka twamagane abavuga
imvugo z’u rwango ndetse n’ivangura
Kandi twiyemeje ko nta na rimwe bizongera kubaho ukundi.
Duharanira
amahoro, ubumwe n’urukundo atari mu Rwanda gusa, ahubwo no muri Afurika yose.
Imana ihe umugisha u Rwanda.Imana ihe umugisha Afurika.