• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanyutse cyane nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, atangaje ko igihugu cye na Iran byemeranyije agahenge ko guhagarika intambara mu gihe cy’ibyumweru bibiri ndetse no kongera gufungura inzira ya Hormuz.

Nyuma y’uko Trump atangaje aka gahenge mu masaha yo mu rukererera ahagana Saa Cyenda, ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli idatunganyijwe yo mu bwoko bwa Brent [Brent crude oil] cyagabanyutseho 13,3% kigera kuri 94,76$ ku kagunguru. Agaciro ka peteroli icuruzwa muri Amerika kageze kuri 95,79$ ku kagunguru nyuma yo kugabanyukaho hafi 15,2%.

Trump yatangaje iby’agahenge na Iran nyuma y’uko abwiye Iran ko igomba kuba yafunguye inzira ya Hormuz inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli byose bijya hirya no hino ku Isi, bitarenze ku wa 8 Mata 2026.

Ibi yabivuze mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Truth Social ku wa 7 Mata, aho yavuze ko Iran nitubahiriza ibyo yayibwiye, ayirimbura.

Ati “Ndaza kurasa bikomeye muri Iran ku buryo abayikomokamo bose bari buze gupfa muri iri joro.”

Gusa habura amasaha make ngo ayirimbure, Trump yisubiyeho agaragaza ko nyuma y’ibiganiro bagiranye n’ubuyobozi bwa Pakistan, hemejwe agahenge hagati ya Iran na Amerika mu gihe ab’i Tehran bakwemera ko ingendo zo mu nzira ya Hormuz zafungurwa.

Byakurikiwe n’itangazo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Iran, Abbas Araghchi, yashyize hanze kuri uwo munsi, aho yavuze ko igihugu cye cyiteguye kureka ubwato butwara ibikomoka bugaca mu nzira ya Hormuz igihe ababutwaye bakoranye neza n’igisirikare cy’iki gihugu.

Inzobere mu by’ubukungu zigaragaza ko ahazaza h’igabanyuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli hashingiye ku kuba ibiganiro byo guhagarika intambara hagati ya Amerika na Iran bizagenda neza kugira ngo ubwato bubitwara bubashe gukomeza kuhanyura nta kabuza.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments