• Amakuru / MU-RWANDA


Abanyarwanda batuye muri Canada bongereye imbaraga mu kurwanya abapfobya cyangwa bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyane cyane abifashisha imbuga nkoranyambaga mu gukwirakwiza ingengabitekerezo yayo.

Ibi byagarutsweho ku wa 7 Mata 2026, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, cyabereye mu nzu ndangamurage ya Canadian Museum of History, cyitabiriwe n’abarenga 800 barimo abayobozi, Abanyarwanda baba muri Canada n’inshuti z’u Rwanda.

Iki gikorwa cyabanjirijwe n’urugendo rwo kwibuka ndetse no gushyira indabo ku mugezi wa Ottawa River, mu rwego rwo guha icyubahiro Abatutsi barenga miliyoni bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada, Prosper Higiro, yashimangiye ko kwibuka atari ugusubiza amaso inyuma gusa, ahubwo ari no kurinda ukuri kw’amateka no guhangana n’abagoreka amateka.

Yagize ati: “Kwibuka ni uguha agaciro abo twabuze no kurinda ukuri. Ni inshingano yo kuvuga ukuri no kwamagana akarengane aho kari hose.”

Yanagaragaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazarushaho guhangana n’abahakana Jenoside n’abayipfobya, by’umwihariko abihisha inyuma y’imbuga nkoranyambaga.

Ku ruhande rwa Guverinoma ya Canada, ibiro bya Minisitiri w’Intebe byanyujije ubutumwa ku rubuga rwa X, byifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gikorwa cyo kwibuka, bishimangira ko Jenoside yakorewe Abatutsi idakwiye kwibagirana.

Umushakashatsi ku makimbirane, Bojana Coulibaly, yavuze ko guhakana Jenoside atari igitekerezo gisanzwe, ahubwo ari kimwe mu byongera gukomeretsa amateka.

Ati: “Guhakana Jenoside si ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo, ni kimwe mu bigize Jenoside ubwayo.”

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye muri Canada, barimo abo mu Nteko Ishinga Amategeko, bagaragaje ko bashyigikiye u Rwanda mu gukomeza kubungabunga amateka no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Mu gihe imyaka 32 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, ubutumwa bwatanzwe muri iki gikorwa bushimangira ko urugamba rwo kurwanya abayihakana n’abayipfobya rugikomeje, by’umwihariko mu bihe by’ikoranabuhanga aho amakuru ashobora gukwirakwira vuba kurusha mbere.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments