• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi Jabo Jean Marie  uzwi cyane mu gukora indirimbo zigisha uburere mboneragihugu ndetse n’izo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi yashyize hanze indirimbo ebyiri zo komora ibikomere abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi .

 Indirimbo Jabo Jean Marie yashyize hanze yise  Sindakira n’Impamba  yasizhyize hanze  mu gihe abanyarwanda n’isi yose  bari  mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 32

Mu kiganiro n’umunyamakuru wa BTN Rwanda Jabo  yamutangarije ko yakoze ziriya ndirimbo ashaka guha ubutumwa  no komora ibikomere  abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi  kuko ubu  bakomeje kwiyubaka

Jabo yagize ati  indirimbo Impamba ni indirimbo y’icyunamo (Kwibuka) yuzuyemo amarangamutima akomeye, igaruka ku bubabare bwo kubura abacu batabonye amahirwe yo kuvuga amagambo yabo ya nyuma.

Igaragaza ituze riteye ubwoba , ibibazo bitabonye ibisubizo, n’agahinda gakomeza kubana n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gihe kandi yubaha urukundo rutigeze rubasha kuvugwa.

Muri icyo gihe, iyi ndirimbo inagaragaza ukwihangana n’icyizere cyo gukomeza kubaho, igaragaza uko abarokotse bakomeje gutwaza umurage n’amajwi y’ababuze, babibuka kandi bakabasigasira.

Ni indirimbo itanga ubutumwa bukomeye bwo kwibuka, kubaha abacu, no gukomeza kubaho twubaka ejo hazaza hatarimo urwango.

Yakomeja atubwira ko indirimbo  SINDAKIRA ari indirimbo nayo  yakoze mu rwego rwo gukomeza gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Ivuga ku barokotse Jenoside  ariko nyuma y’imyaka myinshi bagishakisha imibiri  y’ababo  bishwe  muri ayo mahano ariko  Imitima  yabo kugeza nubu  ikaba itaratuza  kuko ababo nta mva bashyungiyemo nta n’ibisobanuro Bihari ku buryo  ntaho kubunamiro  hahari mu cyubahiro

Muri iyo  ndirimbo  Jabo  avugamo ko hari abantu bazi ukuri. Hari ababonye ibyabaye, hari ababigizemo uruhare, hari n’ababyibukaariko bagahitamo guceceka.

Bavuga ubumwe, bagaragaza ko bahindutse, ariko guceceka kwabo bikomeza gusiga ibikomere bifunguye, bigafunga abarokotse mu isi yuzuyemo ibibazo bitagira ibisubizo: “Abo twabuze bari he?”

Indirimbo Sindakira ni indirimbo  itanga  icyizere ndetse n’ugushidikanya  icyarimwe kuko  abarokotse  biera ko umunsi umwe ukuri  kuzajya ahagaragara nubwo  abakoze amahano bafite  ibizubio  ariko bagahitamo kutabivuga

Sindakira kandi  ni  indirimbo  irimo  ubutumwa bwo kwanga guceceka  , gucika intege ndetse  no kwanga ko  uguhisha ukuri bizatsinda

Kuko gukira ntibishoboka mu buryo bwuzuye igihe ukuri kugihishwe, kandi kwibuka ntibishobora kuruhuka igihe ababuze bataraboneka ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Ubu ni bumwe mu butumwa bukubiye mu magambo ari mu ndirimbo sindakira ya Jabo Jean Marie

  Ku rundi ruhande ariko muri iki gihe u Rwanda n’Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, Jabo Jean Marie  yasabye urubyiruko kwima umwanya abashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda banyuze ku mbuga nkoranyambaga  ndetse  na handi hose  banyura .

Ati “Ubutumwa bwanjye ni ugusaba urubyiruko by’umwihariko n’Abanyarwanda muri rusange kwima umwanya abashaka gusenya ubumwe bwacu, bagoreka amateka y’Igihugu cyacu.”

Jabo  yibukije urubyiruko ko mu gihe izari ingabo za RPA zahagarikaga Jenoside yakorewe Abatutsi, amahanga yari aho arebera, bityo ahamya ko Abanyarwanda ari bo bafite umukoro wo kurinda ibyo bamaze kwigezaho badategereje abanyamahanga.

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments